00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abiga muri ILPD basabwe gushyira imbere ubuhuza butisunga inkiko mu gukemura amakimbirane

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 15 February 2025 saa 10:49
Yasuwe :

Abanyeshuri biga amatego mu Ishuri ryo kwigisha no Guteza Imbere Amategeko, ILPD, basabwe gushyira imbere ubuhuza bwunga mu gukemura amakimbirane kuko ari bwo butabera buhendutse, bufasha abantu kwiyunga kandi bukagabanya umubare w’abajya mu magororero.

Ibi byagarutsweho ku itariki 14 Gashyantare 2025 ubwo abiga muri ILPD i Kigali mu mashami ya ‘Diploma in Legal Practice’ na ‘Diploma in Child Justice’ bigishwaga ku bundi buryo bwo gukemura amakimbirane hatisunzwe inkinko.

Ni isomo ryatanzwe na Bruce Edwards uri mu bashinze ikigo cyitwa Edwards Mediation Academy gikemura impaka mu buryo bw’ubuhuza kiri muri California muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.

Edwards usanzwe uzobereye ubuhuza bwunga yabwiye abo banyeshuri ko iyo nzira ari imwe mu zitanga umuti urambye kuko abari bafitanye amakimbirane uretse no kuba boroherwa no kuyakemura banasigara biyunze kandi bikagabanya ibirego bitegereje kuburanishwa.

Yagize ati “Ni uburyo bw’inyongera ku mwuga w’abanyamategeko bubafasha gushakira ibisubizo birambye abakiliya babo bidatwaye amafaranga menshi kandi bikozwe mu gihe gito. Bituma umubare w’ababona ubutabera wiyongera uko bikwiye kuko mu bihugu byinshi birimo n’u Rwanda uhasanga umubare w’imanza zitegereje kuburanishwa ari nyinshi. Ibyo bivuze ko abacamanza baba barabuze umwanya uhagije wo kwita kuri ibyo birego uko bikwiye.”

Edwards yongeyeho ko uretse ubuhuza hagati y’abafitanye ibibazo mu buryo bwo kubikemura hatisunzwe inkiko hari n’uburyo bwitwa ‘plea bargaining’ aho abantu bakoze ibyaha cyane nk’abaguye mu ikosa bwa mbere batakambira urukiko bagahabwa ibihano bisubitse bakikosora aho kujyanwa mu magororero.

Uwicyeza Bernadette uri mu bahawe iryo somo yavuze ko yasobanukiwe uko ubuhuza bugomba gukorwa bitandukanye n’uko akenshi abantu babwumva.

Yagize ati “Akenshi Abanyarwanda usanga ubuhuza babufata nko guhuza abantu bakagirwa inama y’uko babigenza ariko namenye ko uruhare rw’umuhuza ari ugufasha abantu bakaganira bakagira uburyo babona ibintu bigatuma bo ubwabo bifatira umwanzuro bagashaka igisubizo. Ni uguha abantu umwanya wo kuganira bakagira icyo bageraho kuko ni bo baba bazi ibibazo byabo n’aho bituruka.”

Ibyo kandi bijyana no kuba ubuhuza ari umuhango ugizwe n’ibikorwa bitandukanye bifite intambwe zigomba gukurikizwa kugeza ku mwanzuro.

Niyitegeka Jean Marie na we wiga muri ILPD akaba asanzwe ari umukozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco yavuze ko kugira ubumenyi mu kunga abantu hatisunzwe inkiko ari ngombwa cyane mu kugorora.

Ibyo yabishingiye ku kuba bamwe mu bajyanwa mu bigo ngororamuco usanga babiterwa n’amakimbirane yo mu miryango mu gihe ababyeyi babo babashije kungwa byabafasha mu kwita ku gutanga uburere bwiza noneho abana babo ntibisange mu mihanda.

Uwicyeza Bernadette yavuze ko yasobanukiwe uko ubuhuza bugomba gukorwa
Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe Amasomo n'Ubushashatsi muri ILPD, Dr. Sezirahiga Yves yari ari mu bitabiriye
Bruce Edwards yasabye abiga muri ILPD gukemura amakimbirane hatisunzwe inkiko
Abanyeshuri basobanuzaga byinshi ku buhuza butisunga inkiko
Abahawe iryo somo ni abiga mu mashami abiri y'ibijyanye n'amategeko

Amafoto: Rusa Willy Prince


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .