00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Kirehe batanze miliyari 6 Frw mu ngengo y’imari ya 2024/2025

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 21 May 2025 saa 03:18
Yasuwe :

Guverineri w’Intara y’Uburasirazuba, Pudence Rubingisa yashimiye abafatanyabikorwa b’Akarere ka Kirehe ku ruhare bagira mu iterambere ryako, cyane ko mu ngengo y’imari ya 2024/2025 bashyizemo arenga miliyari 6 Frw.

Yabashimiye ku wa 20 Gicurasi 2025, ubwo hatangizwaga imurikabikorwa ry’iminsi itatu ryitabiriwe n’abafatanyabikorwa b’Akarere ka Kirehe, ryitabiriwe n’abagera kuri 42 bamuritse ibyo bakora banaganira n’abaturage.

Muri iri murikabikorwa harimo imiryango itari iya Leta n’amakoperative byamuritse bimwe mu bikorwa bafashamo abaturage birimo kwihangira imirimo, ubugeni, kudoda inkweto, imyenda n’ibikapu n’ibindi byinshi.

Guverineri Rubingisa yasabye abafatanyabikorwa b’Akarere ka Kirehe, abasaba guhuza ibyo bakora n’umuturage ku buryo bimusigira ubumenyi kandi bikanamuhindurira ubuzima mu buryo bw’iterambere.

Yagize ati “Ndabasaba gukomeza ibi bikorwa kugira ngo byihute kandi bigire n’icyo bisigira umuturage haba mu bumenyi, mu buryo bw’amikoro ariko no mu buryo bwo guhindura ubuzima bwe ave ku rwego rumwe agere ku rundi.’’

Guverineri Rubingisa yabasabye gufasha urubyiruko mu guhanga imirimo no kuruha akazi ku buryo biteza imbere, asaba n’abaturage kubungabunga ibikorwaremezo biba byubatswe n’abafatanyabikorwa birimo amazi, amashanyarazi n’ibindi bagenda bahabwa.

Uwizeyimana Esther uri mu rubyiruko rufashwa n’Umuryango wita ku bidukikije n’Amajyambere y’Icyaro, REDO, yavuze ko bari gukora briquette zicanwa n’abaturage benshi mu kubungabunga ibidukikije.

Ati ‘‘Iyo wakoresheje briquette uba ugize uruhare mu kubungabunga amashyamba kuko ya makara menshi wari gukoresha ntabwo uba uyakoresheje. Ni ibintu biduha amafaranga kandi bikanadufasha mu kubungabunga ibidukikije.’’

Ndayambaje Emmanuel uhagarariye abahinga urutoki mu Murenge wa Mushikiri we yavuze ko biyemeje gushyira hamwe bagakora ubuhinzi bw’urutoki mu buryo buvuguruye.

Yavuze ko kuri ubu bagurisha toni zirenga 200 z’ibitoki buri kwezi bikabafasha mu kwiteza imbere.

Ati ‘‘Twavuye ku gitoki cy’ibilo 15 ubu tugeze ku bitoki by’ibilo 100. Bidufasha mu kwishyurira abana amashuri no kwiteza imbere tubikesha ibitoki.’’

Miliyari 6 Frw zatanzwe mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024/2025 n’abafatanyabikorwa ba Kirehe zakoreshejwe mu mibereho myiza y’abaturage, mu bukungu no mu miyoborere myiza.

Guverineri Rubingisa yashimiye uruhare rw'abafatanyabikorwa mu iterambere ry'Akarere ka Kirehe
I Kirehe hamuritswe bimwe mu bikorwa abo mu bigo bitandukanye bafatanyamo n'abaturage
Abaturage ba Mushikiri bageze ku buhinzi bw'ibitoki aho kimwe kiba gipima ibilo 100
Uwizeyimana Esther ari mu bakora briquette hagamijwe kurengera ibidukikije

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .