FCR yatangaje ku mugaragaro yo yihuje na AFC/M23 ku wa 9 Werurwe 2025.
Ubutumwa Kanyuka yashyize kuri X buvuga ko “uku kwihuza kongera imbaraga mu rugamba rwo guharanira Congo yigenga kandi itabera. Turahamagarira imitwe yitwaje intwaro yose, imitwe ya politike n’imiryango y’abanye-Congo kubigana.”
Amashusho yashyizwe hanze n’abayobozi b’umutwe wa FCR agaragaza ko bitandukanyije n’ingabo za FARDC kubera ubugambanyi, urugomo, ubusahuzi, gufata ku ngufu n’indi migirire idahwitse iziranga.
Umuvugizi w’uyu mutwe usanzwe ukorera muri Kivu y’Amajyepfo n’iy’Amajyaruguru, Col. Augustin Darwin yagaragaje kimwe mu byatumye wihuza na M23 ari uko batishimiye na gato imiyoborere mibi y’igihugu, harimo amasezerano abayobozi bagiye baha abaturage ntibayubahirize, kunyereza umutungo, amacakubiri, kutubahiriza amasezerano mpuzamahanga agenga uburenganzira bwa muntu n’ibindi.
Ati “Dushingiye ku bibazo by’umutekano muke byugarije abaturage by’umwihariko mu Burasirazuba bw’igihugu, tunareba ku murongo wa politike udasobanutse uriho ubu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho abayobora bareka abo bayobora bagapfa mu bice bitandukanye by’igihugu.”
#RDC : Le Front Commun de la Résistance (FCR) rejoint officiellement l’Alliance Fleuve Congo (AFC/M23). Cette union renforce la lutte pour un Congo libre et juste. Nous appelons toutes les autres forces armées, acteurs politiques et organisations congolaises à en faire de même. pic.twitter.com/oS2x4SivY1
— Lawrence KANYUKA (@LawrenceKanyuka) March 9, 2025
Itangazo yasomaga ririmo ingero nko muri Beni, Lubero, na Ituri bikorwa na ADF n’abicwa na FDLR muri Rutshuru.
FCR ishinja Leta ya Congo kutita ku mitwe yirwanaho mu kwishakira umutekano nyamara bakabaye bahabwa ubushobozi bwo kurinda ubusugire bw’igihugu.
Aba barwanyi bashinja FARDC guteshuka ku nshingano yo kurinda igihugu bakajya mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro budakurikije n’amategeko.
Bahamya ko kuba ingabo za Leta zarahunze ibice bitandukanye zikagenda zisahura, zihohotera abaturage, abandi bafatwa ku ngufu bituma ari zo mwanzi wa mbere w’abaturage.
FCR yatangaje ko yitandukanyije na FARDC ndetse iha izi ngabo amasaha 24 ngo zibe zavuye mu bice isanzwe igenzura, bivuze ko na byo byageze mu biganza bya M23.
Iti “Turamenyesha buri wese ko twahisemo kwifatanya na AFC/M23 kugira ngo dusenyere umugozi umwe, mu ntego yo guharanira imiyoborere myiza, kurwanya ruswa no gusubiza agaciro abanye-Congo.”
Umutwe wa M23 usanzwe ugenzura Goma n’ibindi bice byo muri Kivu y’Amajyaruguru, na Bukavu n’ahandi henshi muri Kivu y’Amajyepfo.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!