00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tshisekedi aracyashaka intambara: Ese ibihugu birimo Tchad bizemera kumuha ingabo?

Yanditswe na IGIHE
Kuya 11 March 2025 saa 10:36
Yasuwe :

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akomeje kugaragaza ko atiteguye kuganira n’umutwe wa M23, nubwo ukomeje kumufatana ibice byinshi mu burasirazuba bw’igihugu cye, ibituma hibazwa ku iherezo ry’iyi ntambara.

Uyu Mukuru w’Igihugu akomeje gutsimbarara mu gihe igisirikare cye kigaragaza intege nke ku rugamba, ari nayo mpamvu buri mirwano gihuriyemo na M23 irangira gisubiye inyuma, kigatakaza ibice byinshi n’intwaro.

Urugamba rugitangira Tshisekedi yari yiringiye Ingabo z’Umuryango wa SADC zirangajwe imbere na Afurika y’Epfo ndetse n’Ingabo z’u Burundi n’abacanshuro b’Abanyaburayi.

Muri Mutarama 2025 ubwo M23 yafataga Umujyi wa Goma, benshi muri aba bacanshuro barafashwe basubizwa iwabo, mu gihe ingabo nyinshi za Afurika y’Epfo zo zafatiwe rwagati muri uyu mujyi.

Mu gihe ibintu bigenda bikomera, Félix Antoine Tshisekedi akomeje gukomanga hirya no hino mu bihugu birimo Tchad ngo arebe ko yabona abasirikare. Ese bizamuhira?

Kurikira ikiganiro ‘Tubijye Imuzi’ umenye byinshi kuri iki kibazo


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .