00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sudani y’Epfo: Umuyobozi w’ingabo ziri mu butumwa bwa Loni yasuye iz’u Rwanda

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 14 January 2025 saa 06:08
Yasuwe :

Umuyobozi w’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Lt Gen Mohan Subramanian, yasuye ongabo z’u Rwanda (Rwandabatt-1), azisaba kuguma ku ruhembe mu kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina.

Ingabo z’u Rwanda zasuwe zikorera mu birindiro bya Torit biherereye mu bilometero 139 uvuye mu murwa mukuru wa Sudani y’Epfo, Juba.

Lt Gen Mohan yakiriwe n’abofisiye barimo Umuyobozi w’ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo, Lt Col Ntwali Emmanuel ndetse na Brig Gen Dinesh Singh uyobora ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro mu majyepfo y’iki gihugu.

Uyu musirikare yanasuye abagore bari muri ubu butumwa baturutse mu bihugu binyuranye birimo u Rwanda, Australia u Buhinde, Gambia, Gahana, Thailand n’abo muri Sierra Leone.

Yashimiye aba bagore umusanzu ukomeye batanga mu kugarura amahoro, by’umwihariko mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina no kurwanya amakimbirane arishingiyeho mu baturage ba Sudani y’Epfo.

Lt Gen Mohan yasabye ingabo ziri muri ubu butumwa kudatezuka mu guhashya ihohotera rishingiye ku gitsina, nk’imwe mu ntego zabajyame muri Sudani y’Epfo.

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Sudani y’Epfo kuva mu 2014, aho zagiye zihakora ibikorwa byinshi bikomeye byo kurengera abaturage, cyane cyane kurinda umutekano wabo no kubagezaho serivisi z’ubuvuzi.

Ubuyobozi bwa UNMISS bugaragaza ko ingabo z’u Rwanda ari urutirigongo rw’ubu butumwa kuko inyinshi mu ngabo n’abapolisi bari muri ubu butumwa muri Sudani y’Epfo ari abaturutse i Kigali.

Lt Gen Mohan Subramanian yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y'Epfo
Lt Gen Mohan Subramanian yanahuye n’abagore baturutse mu bihugu bitandukanye, bari mu butumwa bwa Loni
Abagore bo mu ngabo z'u Rwanda bari muri UNMISS bashimiwe umurava n'ubwitange

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .