Za kirazira ziranga amateka n’umuco by’u Rwanda zirenga ibihumbi bitanu ariko zimwe muri zo zimaze kuzimira. Impamvu ni uko ituruka ku mugani benshi bakunda gukoresha uvuga ngo ‘Kiliziya yakuye kirazira’
Zimwe muri Kirazira zigenda zicika:
Umuntu kugenda arya mu nzira : Mu muco nyarwanda cyaraziraga kubona umuntu uwo ari we wese arira mu nzira, gusa kuri ubu byarenze urugero. Ntabwo ari umuco mwiza ubereye abanyarwanda kurya mugenzi wawe arimo akureba kandi we ntacyo kurya afite.
Kirazira guha umuntu igicagase: Ibi mu muco nyarwanda bivuze ko uwo muntu uba ucagase imigisha cyangwa imitungo ye utamwifuriza gutunga. Kirazira guha umuntu ikintu kimwe,mu Kinyarwanda cyangwa kituzuye kuko ari ukumwifuriza inabi.
Kirazira ko umugabo afungura mbere y’abana: Abana ni bo babanza gufungura bagakurikirwa n’ababyeyi babo kugira ngo bijute. Kirazira ko ababyeyi bafungurira imbere y’amaso y’abana babo babareba mu kanwa kugira ngo abana batagira ikinyabupfura gike cyo kujya banareba mu kanwa abashyitsi basuye umuryango barimo gufungura
Nta mwana wicara umukuru ahagaze: Bisigaye biba ikibazo kuba umwana muto yahagurukira umuntu mukuru haba mu modoka, mu birori n’ahandi, nyamara mu muco nyarwanda ntabwo byemewe ko umwana yicara umuntu mukutu ahagaze, keretse uwo mwana arwaye cyangwa afite ubumuga.
Kurikira ikiganiro usobanukirwe byinshi
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!