00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Itorero Inkindi n’Amariza ryiyemeje gutoza abakiri bato umuco n’imbyino gakondo

Yanditswe na Mahoro Vainqueur
Kuya 21 July 2024 saa 07:36
Yasuwe :

Itorero Inkindi n’Amariza rigamije gukundisha abakuru n’abato cyane cyane urubyiruko umuco n’imbyino gakondo , ryateguye umwiherero w’amezi atatu mu rwego rwo gufasha abana bari hagati y’imyaka 3 na 18 kwiga imbyino n’umuco gakondo muri iki gihe cy’ibiruhuko.

Uyu umwiherero wiswe Uburiza bw’Inkindi n’Amariza Summer Camp, abana bawitabira bawigiramo imbyino , kuririmba, Ikinyarwanda, indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda.

Umuyobozi w’iri torero Carine Karambizi, yabwiye IGIHE ko yahisemo gutegura uyu mwiherero nyuma yo kubona ko abana bato batabona aho bahurira ngo bige ibijyanye n’umuco nyarwanda dore ko aho biga ku mashuri hari n’ibigo bimwe na bimwe bidatanga umwanya uhagije kuri iyi ngingo.

Ati “Muri iki gihe cy’ibiruhuko usanga abana bakeneye ibintu bahugiraho kandi bifitiye umumaro umuryango nyarwanda ndetse n’abana ubwabo, nureba neza nko ku ishuri hari abatabona amahirwe yo kwiga ibijyanye n’umuco nyarwanda, imbyino ,Ikinyarwanda,n’ibindi n’ibindi.”

“Nararebye mbona hakenewe igikorwa nk’iki aho abana bahurira bagatozwa umuco wacu mwiza, bakamenya kubyina bya Kinyarwanda, indangagaciro na kirazira by’umuco wacu , gusabana na bagenzi babo bangana, bahigira kandi ikinyabupfura no kumvira.”

Carine Karambizi akomeza avuga ko iki gikorwa cyarushaho gusigasira umuco nyarwanda usa naho utakigaragara cyane mu bakiri bato.

Uyu mwiherero watangiye tariki 16 Nyakanga uzasozwa muri Nzeri 2024. Abana bawitabira bahurira kuri Centre Missionnaire Lavigerie (CELA) bahura gatatu mu cyumweru ku wa mbere , kuwa kabiri no ku wa kane kuva saa tatu kugera saa sita n’igice.

Carine Karambizi yiyambaza ababyinnyi yatoje mu Itorero Inkindi n’Amariza bakamufasha kwigisha aba bana bato bamugana.

Mu Kinyarwanda bavuga ko agahugu kagatagira umuco gacika , Carine Karambizi akaba asaba ababyeyi gukundisha abana babo umuco nyarwanda batazibagirwa inkomoko yabo.

Itorero Inkindi n’Amariza rimaze imyaka itatu rishinzwe na Carine Karambizi mu rwego rwo kurushaho gusigasira umuco gakondo awukundisha abato n’abakuru ndetse yongeraho na siporo ishingiye kubyino gakondo (Gakondo Body workout) ifasha abantu gukora imyitozo ngororangingo binyuze mu mbyino gakondo.

Uyu mwiherero wiswe Uburiza bw'Inkindi n'Amariza Summer Camp
Itorero Inkindi n’Amariza ryateguye umwiherero ugamije gutoza abakiri bato umuco n’imbyino gakondo
Carine Karambizi yiyambaza ababyinnyi yatoje mu Itorero Inkindi n’Amariza bakamufasha kwigisha aba bana bato bamugana mu gihe cy'iburuhuko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .