Uyu muhanzi uri mu bakunzwe n’abatari bake mu Rwanda yasezeranye n’umusore wo muri Burkina Faso.
Amakuru yizewe IGIHE ifite ni uko umuhango wo gushyingirwa bikorewe imbere y’umwanditsi w’irangamimerere watangiye Saa Kumi z’umugoroba kuri uyu wa 15 Mutarama 2025.
Nta muntu n’umwe wari wemerewe gufata amashusho n’amafoto muri uyu muhango. Amakuru avuga ko ari itegeko ryatanzwe n’abareberera inyungu z’uyu mukobwa muri muzika.
Ishimwe Vestine na Kamikazi Dorcas ni abavandimwe babiri bavuka mu Karere ka Musanze, biyemeje kuririmbira Imana kuva mu myaka y’ubuto bwabo.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!