00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Dave Nsabimana yerekeje muri RAAL La Louvière

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 23 June 2024 saa 09:06
Yasuwe :

Umukinnyi w’Umunyarwanda, Dave Nilson Rwema Nsabimana, wakiniraga KAA Gent yayivuyemo yerekeza muri RAAL La Louvière yo mu Cyiciro cya Mbere mu Bubiligi.

RAAL La Louvière ni imwe mu makipe yagize umwaka mwiza w’imikino mu Bubiligi nyuma yo kwitwara neza ikegukana Igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri.

Ibi byatumye mu kwitegura umwaka w’imikino wa 2024/25, yiyemeza gusezerera bamwe no gushaka abandi bakinnyi bashya bazayifasha mu rugendo rw’Icyiciro cya mbere.

Mu bo yahisemo harimo myugariro w’Umunyarwanda w’imyaka 16 Dave Nilson Rwema Nsabimana wakiniraga KAA Gent nayo yo muri iki cyiciro.

Uyu mukinnyi utarakinira igihugu na kimwe yavutse ku babyeyi b’Abanyarwanda batuye mu Bubiligi ndetse akaba asanze mugenzi we muri iyi kipe Samuel Gueulette umaze kumenyera guhamgarwa mu Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’.

Mu bandi bakinnyi iyi kipe yinjije harimo umunyezamu w’Umunya-Argentine, Marcos Peano n’Abafaransa Hady Camara na Kenny Nagera.

Nsabimana yerekeje muri RAAL La Louvière yo mu Bubiligi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .