Mu ibaruwa ndende iyi kipe yanditse isubiza iy’uyu myugariro, igaragaza ko yatengushywe n’uburyo yatwayemo iki kibazo ndetse ntiyemera ibyo kutishyura amafaranga yasigaye imugura n’uduhimbazamusyi.
Ku bijyanye no gutandukana, Rayon Sports yavuze ko uyu mukinnyi agomba kubahiriza ibikubiye mu masezerano, avuga ko mu gihe yifuza gutandukana n’ikipe agomba kwishyura ibihumbi 50$ ariyo miliyoni zirenga 70 Frw niba yifuzwa n’ikipe yo hanze.
Ni mu gihe agomba gutanga ibihumbi 40$ ariyo miliyoni zirenga 56Frw niba yifuzwa n’ikipe yo mu Rwanda.
Ku bijyanye n’amafaranga yasigaye ubwo uyu mukinnyi yagurwaga (recrutement), ndetse n’imishahara n’uduhimbazamusyi, iyi kipe yagaragaje ko itemeranya nawe.
Yagize ati “ Turakwemeza ko umushahara wawe n’uduhimbazamusyi (prime) wayahawe buri gihe uko bikwiye. Umushahara wa Mata 2025 uracyari gukorerwa n’ishami ry’imari kandi uzishyurwa mu buryo busanzwe.”
Gikundiro yakomeje igaragaza ko kugira ngo ikomeze umubano mwiza n’uyu mukinnyi, yagiye imwishyura uduhimbazamusyi turenze uturi mu masezerano kugira ngo imushimishe.
Rayon Sports yasoje ivuga ko igiye gutangiza iperereza ry’imyitwarire kuri uyu mukinnyi.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!