Umwe mu baganiriye na IGIHE yemeje ko tombola muri uyu mwaka ikipe ya mbere mu mikino ibanza izahura n’iya kane, mu gihe iya kabiri izakina n’ikipe ya gatatu.
Umwaka ushize, mu irushanwa nk’iri, ikipe ya mbere yari yahuye n’iya gatatu maze iya kabiri ihura n’iya kane, ahanini bikaba byari byakozwe ngo amakipe ya Rayon Sports na APR FC adahita ahura hakiri kare.
Mu irushanwa ry’uyu mwaka, Rayon Sports ya mbere izahura na Police FC ya kane, mu gihe As Kigali ya gatatu izakina na APR FC ya kabiri, mu mikino iteganyijwe tariki 28 Mutarama kuri Kigali Pelé Stadium.
Amakipe azatsinda azahurira ku mukino wa nyuma uteganyijwe ku wa Gatandatu tariki ya 1 Gashyantare 2025, aho nta gihindutse wakinirwa kuri Stade Amahoro.
Aya makipe yose nyuma y’iri rushanwa akazakomerezaho yitegura imikino yo kwishyura ya shampiyona iteganyijwe gutangira tariki ya 8 Gashyantare 2025.
Irushanwa nk’iri umwaka ushize ryari ryegukanywe na Police FC yatsinze APR FC ibitego 2-1.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!