00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Serivisi yo kwandikisha indangarubuga ya “Rw” yageze ku IremboGov

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 13 February 2025 saa 09:21
Yasuwe :

Serivisi yo kwandikisha indangarubuga y’u Rwanda (RW), isanzwe itangwa n’ikigo gihagarariye abakoresha internet mu gihugu, RICTA, ubu yatangiye no gutangirwa ku rubuga IremboGov.

Gutangira serivisi y’indangarubuga ya RW ku rubuga IremboGov bishingiye ku mikoranire igamije korohereza ibigo n’abantu ku giti cyabo, baba abari mu Rwanda no mu mahanga bakenera serivisi y’indangarubuga ya RW kuyibona mu buryo bworoshye.

Ibyo bivuze ko kuri ubu umuntu ukeneye kugura indangarubuga ya RW itangwa na RICTA, ashobora no kubikora anyuze ku rubuga IremboGov.

Kongera serivisi y’indangarubuga ya RW kuri IremboGov bihuje n’intego ya Irembo yo kongeraho serivisi z’ibigo bitandukanye mu rwego rwo korohereza abashoramari bo mu Rwanda no mu mahanga kwegerezwa serivisi nkenerwa batiriwe bazenguruka mu bigo bizitanga.

Kuri RICTA, gukorana na Irembo ni bumwe mu buryo bwo kuyifasha kumenyekanisha indangarubuga ya RW ku bantu benshi bakayikoresha ndetse bakamenya akamaro kayo.

Gukoresha indangarubuga ya RW bituma urubuga rw’uyikoresha ruba rutekanye kuri murandasi kandi rukubaka ikirango cy’Igihugu mu bijyanye n’imbuga za murandasi.

Indangarubuga ya RW ifasha abantu ku giti cyabo ndetse n’ibigo bitandukanye kongera umubare w’ababona imbuga zabo kuri internet kandi bijyanye na gahunda y’Igihugu yo kuzamura ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga.

Ubu bufatanye hagati ya RICTA na Irembo bwitezweho kumenyekaninsha kurushaho indangarubuga ya RW kandi bizamure umubare w’abayikoresha imbere mu gihugu no hanze yacyo.

Serivisi yo kwandikisha indangarubuga ya “RW” yatangiye gutangirwa ku IremboGov

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .