00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyo wamenya ku modoka isigaye ikoreshwa mu gukoropa imihanda y’i Kigali

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 16 June 2025 saa 11:34
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangiye gukoresha imodoka yabugenewe ikoropa ikanakora isuku mu mihanda ya kaburimbo, mu kunganira abasanzwe bakora isuku mu mihanda y’i Kigali.

Ni imodoka yatangiye gukoreshwa mu ijoro ry’itariki 15 Kamena 2025.

Iyi modoka yaguzwe n’Umujyi wa Kigali ikoresha ikoranabuhanga rigezweho mu gukubura ndetse no gukoropa imihanda yanduye mu buryo bwisumbuye ubwo abakozi basanzwe babikoramo.

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Ntirenganya Emma Claudine yabwiye IGIHE ko iyo modoka itaje gusimbura abasanzwe bakora isuku, ahubwo ije kubunganira.

Yagize ati “Abasanzwe bakora akazi ko gusukura imihanda bazagumaho iyi modoka ibunganire na bo bayunganire. Ije kunganira abakora isuku hitabwa cyane ku mihanda ya kaburimbo yanduye cyane.”

Iyo modoka ikora imirimo y’isuku itandukanye harimo itari isanzwe ikorwa n’abasanzwe basukura imihanda nko gukoropa umuhanda wa kaburimbo ahantu handuye cyane ikoresheje ibiroso ifite.

Iyo modoka kandi ikubura umuhanda idahuha ivumbi ahubwo ikurura imyanda ikayibika mu mwanya ifite wagenewe kubika imyanda ikayitwara ahabugenewe.

Iyo myanda iba yabitse kandi yimena mu buryo koranabuhanga bwikoresha hadakenewe abayipakurura ndetse ikoranye ubundi buryo bwo kwisukura amapine yayo cyangwa yose ubwayo nko mu gihe ivuye mu muhanda wanduye igiye kwinjira muri kaburimbo.

Ntirenganya yavuze ko abasanzwe bakora akazi ko gusukura imihanda i Kigali nta mpungenge bakwiye kugira ko izabatwara akazi kabo kuko idashobora gukora mu miferege ndetse no mu mpande zindi z’umuhanda.

Ntishobora kandi gusukura mu busitani.

Iyo modoka ikora guhera Saa Sita z’ijoro izindi modoka zimaze kugabanuka mu muhanda ikageza Saa Kumi za mu gotondo.

Ku ikubitiro yatangiye ikorera mu muhanda uva ku Muhima ahazwi nko kuri Yamaha ugana Nyabugogo, mu ijoro rya kabiri ikomereza ku muhanda w’i Gahanga muri Kicukiro.

Ubuyobozi bw’Umuji wa Kigali bwatangaje ko hari gahunda yo kugura izindi modoka nk’iyo mu kurushaho gusukura no kurimbisha umujyi.

Iyi modoka igamije kongera isuku mu mihanda y'i Kigali
Iyi modoka isukura umuhanda ikoresheje ibiroso

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .