00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kayonza: U Buyapani bwatanze inkunga yo kuvugurura ishuri ry’abafite ubumuga

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 14 February 2025 saa 07:34
Yasuwe :

Ambasade y’u Buyapani mu Rwanda yasinyanye amasezerano y’inkunga y’ibihumbi 88$ [arenga miliyoni 123 Frw] n’umuryango wita ku bafite ubumuga uzwi nka ‘Friends of Handicap in Rwanda: FHR’, igamije kwagura ishuri ry’abana bafite ubumuga bwo kutumva no kutabona riri mu Karere ka Kayonza.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa 14 Gashyantare 2025.

Iyo nkunga izafasha kubaka ibyumba by’amashuri bine, ubwogero buri kumwe n’ubwiherero 14, ubwiherero butandatu, amacumbi abiri, n’isomero.

Hazatangwa kandi ibitanda na matera 120 bigenewe kujya mu macumbi, intebe zo mu ishuri 105 harimo eshanu z’abarimu ndetse n’ibibaho bitanu.

Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Fukushima Isao, yavuze ko aya masezerano ari mu ihame ry’u Buyapani ryo guteza imbere imibireho y’abaturage, kugira ngo buri wese abeho ubuzima bufite agaciro nta we uhejwe.

Ati “Uyu mushinga ugiye gufungura imiryango abana bose bige, hatitawe ku bumuga bafite ubundi bibahe imfunguzo z’inzozi zabo z’ahazaza.”

Yavuze ko uyu mushinga ujyana na gahunda ya kabiri y’igihugu yo kwihutisha iterambere (NST2) mu ngingo yayo yo guteza imbere ubumenyi bw’abana bafite n’ubumuga.

FHR ni umuryango utegamiye kuri Leta watangiye mu 2006 ugamije gufasha abana bafite ubumuga bwo kutumva no kutabona.

Ifite amashuri yigisha abo bana mu Karere ka Nyagatare aho bafite abanyeshuri 213 no mu Karere ka Kayonza ahari abana 28.

Umuyobozi Mukuru wa FHR, Ndagijimana Dominique, yavuze ko aya masezerano agiye kubongerera imbaraga mu kwita kuri aba bana cyane cyane abo mu Karere ka Kayonza.

Ati “Aya masezerano agamije kwagura ishuri ry’abana bafite ubumuga bwo kutabona no kutumva rya Kayonza. Ni igikorwa cyiza giha aba bana icyizere cyo kubaho n’andi mahirwe.”

Ku kibazo cy’abarimu bakurikirana aba bana bakiri mbarwa, Ndagijimana yavuze ko bakigejeje ku nzego zibishinzwe muri Leta, ko na cyo bizeye ko kizakemuka vuba.

Uyu mushinga nurangira icyo kigo kizaba gifite ubushobozi bwo kwakira abanyeshuri barenga 120 bafite ubumuga bwo kutumva no kutabona kandi bose biga bacumbikiwe.

Ambasade y'u Buyapani mu Rwanda yasinyanye amasezerano y’inkunga y’ibihumbi 88$ (arenga miliyoni 123 Frw), n’Umuryango wita ku bafite ubumuga uzwi nka ‘Friends of Handicap in Rwanda: FHR'
Umuyobozi w’umuryango wa FHR, Ndagijimana Dominique (ibumoso) na Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Fukushima Isao, ubwo impande zombi zari zigiye gusinya amasezerano y'ubufatanye
Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Fukushima Isao, yavuze ko igihugu cye cyizerera mu guteza imbere abaturage bose nta n'umwe uhejwe
Umuyobozi wa FHR, Ndagijimana Dominique, yitabiriye igikorwa cyo gusinyana amasezerano y'inkunga na Ambasade y'u Buyapani mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .