00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

I&M Bank Rwanda Plc na Loni byinjiye mu bufatanye buzateza imbere amavuriro y’ibanze

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 24 May 2025 saa 06:51
Yasuwe :

I&M Bank Rwanda Plc n’Amashami y’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda, bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye agamije guteza imbere urwego rw’ubuzima binyuze mu kuzamura ubushobozi bw’amavuriro y’ibanze arenga 1000.

Ni amasezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa 23 Gicurasi 2025, ku ruhande rwa I&M Bank yasinywe n’Umuyobozi Mukuru wayo Benjamin Mutimura mu gihe Loni hasinye Umuhuzabikorwa w’Amashami ya Loni mu Rwanda Ozonnia Ojielo.

Isinywa ry’ayo masezerano kandi ryitabiriwe n’abayobozi b’amashami ya loni mu Rwanda atandukanye barimo Dr. Adelakin Olugbemiga wa UNFPA, Kawtar Zeroualu wa UNCDF, Fatimata Loveta Sessay wa UNDP, Lieke Van De Wiel wa UNICEF, Dr. Brian Chirombo wa OMS na Jennet Kem uhagarariye UNWomen.

Umuyobozi Mukuru wa I&M Bank, Mutimura Benjamin, yavuze ko ayo masezerano y’imikoranire agamije guteza imbere urwego rw’ubuzima mu Rwanda.

Ati “Ubu bufatanye bugamije gushyigikira urwego rw’ubuzima aho twifuza kujya dutanga inguzanyo ku bikorera bo mu rwego rw’ubuzima duhereye ku bafite amavuriro y’ibanze ku buryo babasha kwagura ibikorwa byabo bya buri munsi.”

Yakomeje ati ‘Ubu bufatanye buri mu bice bitatu, Banki izatanga inguzanyo kugira ngo ubwo bufatanye bushoboke, UN bazadufasha kugira ngo baduhe ubumenyi bwo gufasha abantu kuko urwego rw’ubuzima ntabwo ari ibintu dusanzwe dufashamo.”

Mutimura yagaragaje ko mu myaka itanu ishize u Rwanda rwahuye n’ibyorezo bitandukanye birimo Covid-19, Marburg na Mpox bityo ko biyemeje gushyigikira urwego rw’ubuzima ngo rubashe kuzamura ubushobozi bwo guhangana n’indwara ndetse n’ibyorezo bishobora kubaho.

Yashimangiye kandi ko nka Banki bahitamo gushyira imbaraga mu guharanira iterambere n’imibereho myiza y’abaturage kuko ari ingezi.

Ati “Dufasha mu guteza imbere ubukungu ariko tureba n’imibereho myiza y’abaturage. Iyo ufite abaturage bameze neza, bakize kandi bateye imbere n’abakiliya bawe bariyongera. Ntabwo bitandukanye cyane n’intego yacu, gufasha abafatanyabikorwa bacu ni ugufasha banki na sosiyete dukoreramo.”

Umuhuzabikorwa w’Amashami ya Loni akorera mu Rwanda, Ozonia Ojielo, yagaragaje ko bahisemo gushyigikira urwego rw’ubuzima nk’urufatiye runini igihugu mu iterambere.

Ati “Muri ubu bufatanye dushaka gufasha amavuriro y’ibanze 1000, Abanyarwanda bakwiye serivisi z’ubuvuzi nziza kandi zinoze. Ibi bizafasha no kuba ibigo by’ubuvuzi byakwagura ibikorwa byabyo, kugura ibikoresho bigezweho bigire inyungu ku baturage ariko na ba rwiyemezamirimo bagire inyungu babona.”

Yavuze ko hashingiwe kuri gahunda y’igihugu yo kwihutisha iterambere NST2 hari inzego nyinshi z’ubufatanye, yemeza ko n’ibindi bigo by’imari bishaka imikoranire na Loni bifunguriwe amarembo.

Ayo masezerano azamara imyaka itanu, yitezweho guhindura byinshi ku bafite amavuriro y’ibanze yari yarazonzwe n’ibibazo byo kubura amikoro n’imiyoborere mibi.

Biteganyijwe kandi ko bizagira ingaruka nziza ku baturage barenga miliyoni ebyiri mu 2026, bikanashimangira icyerekezo cy’igihugu cyo kubaka iterambere ridaheza kandi rishyize imbere umuturage.

Umuyobozi Mukuru wa I&M Bank Rwanda Plc Benjamin Mutimura n'Umuhuzabikorwa by'amashami ya Loni mu Rwanda Ozonnia Ojielo
Umuyobozi Mukuru wa I&M Bank, Mutimura Benjamin, yavuze ko ayo masezerano y’imikoranire agamije guteza imbere urwego rw’ubuzima
Umuyobozi wa OMS mu Rwanda, Dr. Chirombo ategereje gushyira umukono ku masezerano
Ubwo Umuyobozi Uhagarariye UNDP mu Rwanda, Fatimata Loveta Sessay, asinya ayo masezerano
Umuhuzabikorwa w’Amashami ya Loni akorera mu Rwanda, Ozonnia Ojielo, yagaragaje ko bahisemo gushyigikira urwego rw’ubuzima nk’urufatiye runini igihugu mu iterambere
Dr. Adelakin Olugbemiga wa UNFPA Rwanda na we yashyize umukono ku masezerano
Umuyobozi wa OMS mu Rwanda, Dr. Brian Chirombo ashyira umukono ku masezerano
Nyuma y'isinywa ry'amasezerano abayobozi bombi bashimye imikoranire
Ubwo hashyirwaga umukono ku masezerano
Abayobozi bombi bari bishimiye ayo masezerano
Fiona Kamikazi Rutagengwa ayoboye gahunda yo gusinya amasezerano
Abahagarariye amashami ya Loni mu Rwanda bitabiriye isinywa ry'ayo masezerano

Amafoto: Izabayo Bona Parfait


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .