Basobanuriwe amateka y’u Rwanda, uburyo Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe kugeza ibaye, ingaruka zayo n’imbaraga u Rwanda rwakoresheje mu kwiyubaka.
By’umwihariko basobanuriwe uburyo ingengabitekerezo ya Jenoside yazanywe n’Ababiligi igacengezwa mu Banyarwanda kugeza Jesonide yakorewe Abatutsi mu 1994, ibaye igahitana abarenga miliyoni.
Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Mayfair Insurance Company Rwanda Ltd, Kamau Chege, yatangaje ko yize byinshi ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Uyu Munya-Kenya yagize ati “Uyu munsi nize byinshi cyane kuko ni ubwa kabiri mpaje, inshuro ya mbere ntabwo nari mfite umuntu unsobanurira. Ariko uyu munsi bansobanuriye birambuye.”
Benson yavuze ko yasobanuriwe uko Jenoside yakozwe n’uko u Rwanda rwabashije kwiyubaka nyuma yayo, atangazwa n’uburyo Abanyarwanda biyubatse nyuma y’ibibi banyuzemo.
Ati “Natunguwe kandi n’uburyo babashije kubabarirana, abiciwe ndetse n’abishe barabanye. Ni bintu bigoye kubyumva uburyo imbabazi zatanzwe ku bakoze Jenoside”.
Benson yavuze ko bazakomeza guharanira ko ibyabaye bitazongera na rimwe ndetse ko Mayfair Insurance Company Ltd ifite intego yo gukomeza gufatanya n’Abanyarwanda kubaka igihugu by’umwihariko birinda icyagihungabanya.
Giramata Assia ukorera Mayfair Insurance Company Ltd , yatangaje ko yize byinshi ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, cyane ko yavutse nyuma yayo.
Ati “Gusura urwibutso tukiga amateka, ni ingenzi kuko dukorana n’abanyamahanga bidufasha kubasobanurira kandi tukanarwanya abapfobya cyangwa abahakana Jenoside. Nize isomo ry’uko tugomba kugira uruhare mu kubaka igihugu kuko tutabikoze abandi bazagisenya”.
Mayfair Insurance Company Ltd yashingiwe muri Kenya mu 2005. Imaze kugira amashami mu bihugu nk’u Rwanda, Tanzania, Uganda, Zambia no muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo.







TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!