Ku wa 05 Ukuboza 2024 ni bwo Cyclone Chido yaturutse mu Majyepfo y’Uburengerazuba. Mu minsi yakurikiye yibasiye Ikirwa cy’u Bufaransa cya Mayotte, ku wa 15 Ukuboza 2024 ikomereza muri Mozambique aho imaze kwangiza byinshi.
Iki kiza cyibasiye ibice by’Amajyaruguru ya Mozambique kimaze gukomeretsa 868 ndetse abarenga ibihumbi 680 bamaze kugirwaho ingaruka na cyo mu buryo bumwe cyangwa ubundi.
Inzu zirenga ibihumbi 150, amashuri 250, inyubako za leta 89 ndetse n’ibitaro 52 byangiritse ku buryo bukomeye.
Imibare igaragaza ko abanyeshuri barenga ibihumbi 110 bagizweho ingaruka. Ibice bya Cabo Delgado, Nampula na Niassa biri mu byagizweho ingaruka cyane.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!