00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyabihu: Polisi na RDF bigiye kubakira ab’i Shyira irerero rya miliyoni 30 Frw

Yanditswe na Nshimiyimana Eric
Kuya 18 March 2025 saa 08:37
Yasuwe :

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyabihu bavuga ko banejejwe n’uko batangiye kubakirwa irerero rigezweho (ECD) rya miliyoni 30 Frw rizorohereza abana babo kubona aho bavoma ubumenyi, na bo bakaribonamo akazi.

Aba baturage bo mu Murenge wa Shyira, Akagari ka Shaki mu Mudugudu wa Kiyovu, babigarutseho ku wa 17 Werurwe 2025, ubwo hatangizwaga ibikorwa by’inzego z’umutekano byo gufasha abaturage mu mibereho myiza n’iterambere.

Ibi bikorwa by’inzego zishinzwe umutekano bifite insanganyamatsiko igira iti “ubufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano mu kwizihiza Kwibohora31 n’imyaka 25 y’imikoranire na Polisi y’u Rwanda.”

Ku rwego rw’Intara y’Iburengerazuba byatangirijwe mu Murenge wa Shyira, bitangizwa na Minisitiri w’Umutekano Dr. Vincent Biruta.

Abaturage baganiriye na IGIHE bavuze ko banejejwe no kwegerezwa irerero rijyanye n’igihe, kuko abana babo bari basanzwe bajya mu ngo mbonezamikurire.

Nyirahabimana Vestine ati “Tunejejwe no kuba twegerejwe ECD igezweho, abana bacu bari basanzwe barererwa mu ngo. Ubu bazaba bafite abarimu babyigiye n’andi mahirwe.”

Uwamahoro Espérance ufite abana barindwi ati “Abana bacu bagorwaga no kubona irerero rijyanye n’igihe, kuko byasabaga ibilometero byinshi ngo bagere ku murenge. Iri rije rikenewe kuko abana bacu bagiye kujijuka bave ku kwigira mu ngo z’abaturage.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, yasabye ababyeyi bo muri uyu murenge kuzohereza abana bakitabira iri rerero, ntirizabe igikorwa remezo cyubatswe ngo kibure abakigana kandi cyubakiwe korohereza abana kwiga.

Minisitiri w’Umutekano, Dr. Vincent Biruta, yavuze ko iyo nyubako itegurira abana kujijuka no kurwanya imirire mibi, ku buryo bakura mu buryo bw’ubwenge n’ubw’umubiri.

Ati “Mwitegure kuyikoresha, abana bacu bakazayiboneramo ibyagenwe. Iyi gahunda twiteze ko izasiga impinduka nziza ku muturage wa hano no ku gihugu.”

Yabibukije kandi ko iterambere ridashoboka mu gihe nya mutekano waba uhari, agaragaza ko nubwo hari inzego ziwushinzwe n’abaturage bagomba gushyiraho akano mu kuwubungabunga.

Iri rerero biteganyijwe ko rigomba kuzura mu mezi abiri. Mu bindi bikorwa biteganyijwe muri ibi bikorwa by’inzego z’umutekano, harimo iby’ubuvuzi, kubungabunga ibidukikije, koroza no kubakira imiryango itishoboye.

Inzego z'umutekano mu Rwanda zatangiye ibikorwa byo guteza imbere imibereho myiza y'abaturage
Igikorwa cyo gutangiza ibikorwa by'inzego z'umutekano bigira uruhare mu guteza imbere imibereho myiza y'abaturage byatangirijwe i Nyabihu mu Murenge wa Shyira
Abagize inzego z'umutekano mu Ntara y'Iburengerazuba na bo bitabiriye uyu muhango

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .