Kayibanda yapfuye mu gitondo cyo ku itariki 15 Ukuboza 1976, apfa urutunguranye ku buryo na n’ubu rutavugwaho rumwe.
Bamwe bavuga ko yishwe, abandi bakavuga ko yazize urupfu rusanzwe ariko umucyo kuri ibi byose uracyari kure nk’ukwezi.
Paul Rugenera yahoze ari Caporal mu ngabo za Leta ubwo Kayibanda yahirikwaga ku butegetsi. Uyu yamaze imyaka ibiri ayoboye abari bashinzwe kurinda Kayibanda guhera mu 1975 kugeza mu Ukwakira 1976, mbere y’amezi abiri gusa ngo ashiremo umwuka.
Mu kiganiro na IGIHE, Rugenera yavuye imuzi uko Kayibanda yari abayeho i Kavumu, uburyo yarindwaga atemerewe gusohoka, uko abamurindaga birukanywe bashinjwa gushaka kumutorokesha n’ibindi.
Reba ikiganiro kirambuye hano
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!