00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubwiza bwa Umurobyi Lodge, yinjiza abasura Ikiyaga cya Kivu mu mateka y’uburobyi (amafoto)

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste, Zigiranyirazo Bajecteur
Kuya 3 February 2025 saa 01:52
Yasuwe :

Ku mwigimbakirwa uri ahirengeye i Karongi, mu mahumbezi n’akayaga gahehereye, amafu n’amajwi y’urusobe rw’ibinyabuzima bihari, uhasanga hoteli Umurobyi Lodge izengurutswe n’Ikiyaga cya Kivu impande zose. Izwiho kuba ahitaruye, kugira imisusire yihariye ariko ifitanye isano n’imirimo y’uburobyi ihakorerwa.

Ukigera muri Umurobyi Lodge, impande zose usanga uzengurutswe n’amazi y’Ikiyaga cya Kivu, waterera amaso imbere yawe ukabona ibirwa icyenda byose bidatuwe. Ikirwa cya Kumbabara ubona hafi yawe kivugwaho amateka asa n’umugani. Mu myaka yashize hari hatuye abantu, abana babo bakajya ku ishuri hakurya ku misozi ikikije ikiyaga bagombye koga mu mazi magari kuko nta bundi buryo bwo kugenda bwahabaga.

Ubu nta muntu ukihatuye kuko amabwiriza ya Leta atabyemera, ariko abakorerayo ibikorwa by’ubuhinzi bakoresha ubwato buto bakajya gushakirayo imibereho.

Muri metero 500 uvuye kuri Umurobyi Lodge, hakorerwa uburobyi butunze benshi mu baturiye ikiyaga kigari u Rwanda rufite. Mu ijoro ubwato bwinshi bw’abarobyi b’isambaza bwinjira mu mirimo bashaka ifunguro rinurira kandi rigakundwa na benshi nguni zose z’igihugu.

Benshi bari muri Umurobyi Lodge bashimishwa no kumva amajwi arenga y’abarobyi bahamagarana, ijwi rirenga ry’ingashya zabo rituma amazi agira inyana imwe, bakanishimira kurebera kure urumuri rurenga rw’amatara bifashisha mu kazi kabo kugeza bucyeye.

Umurobyi Lodge si izina gusa ahubwo ni ubuzima bw’abayikoramo n’abahacumbika. Ishusho y’umurobyi w’umugore yabumbwe n’umunyabugeni w’Umubiligi, Dirk De Keyzer yashyizwe hafi y’amazi y’i Kivu, si ishusho gusa ahubwo ni ikimenyetso cy’uruhare rutavugwa rw’umugore mu guharanira imibereho myiza ya muntu. Abagore bakora byinshi mu guteza imbere uburobyi i Karongi, no mu bukungu bw’agace muri rusange.

Isura ya Umurobyi Lodge wayita isanzwe ariko ikaba mpuzamahanga. Ibyumba byubatse kimwe ukwacyo [bungalow] n’ibyumba bigezweho bifite amadirishya y’ibirahure gusa areshya n’urukuta, bituma uhari aryoherwa no kureba amazi y’Ikiyaga cya Kivu, akumva neza ameze kuyareremba hejuru.

Iyi hoteli yihariye ku bijyanye n’ibiyubatse kuko aho ukandagira ari ibiti gusa, bitandukanye n’ahandi usanga ari sima n’ibindi. Ifite ubwogero bugezweho, imitako y’abanyabugeni b’i Rwanda n’ibindi binogeye amaso bituma uwahageze arushaho kuruhuka. Ushobora kugira ngo uri Cape Town muri Afurika y’Epfo nyamara wibereye ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu.

Ibyumba by’iyi hoteli birimo Mukondo, Napoleon, Amahora, na Kumbabara byishyurwa 495$ ni ukuvuga ibihumbi 703 Frw ku ijoro rimwe, buri cyumba kikagira aho kwicara witegeye amazi y’ikiyaga. Biha uwahasohokeye uburyo bwiza bwo kwishimira ubwiza bw’ibidukikije.

Ibyumba byubatse ukwabyo [bungalows] nka Iwawa na Idyi byishyurwa 645$, ni ukuvuga ibihumbi 916 Frw, mu gihe mu cyumba cya Bugarura cyishyurwa 695$, angana n’ibihumbi 987 Frw ku ijoro rimwe, gifasha abantu kuruhuka neza kandi kikagira ahandi hashobora kurara abashyitsi cyangwa abagize umuryango.

Umurobyi Lodge yihariye gufasha uwatembereye muri aka gace kuryoherwa n’amafunguro y’umwimerere ategurwa mu bihingwa by’i Karongi no mu bice bihakikije, ibinyobwa bya Kinyarwanda n’ibindi byose bijyanye n’amahitamo yawe.

Mu gihe umunsi uciye ikibu, izuba rirenze n’Ikiyaga cya Kivu kirema isano hagati ya muntu n’ibidukikije, ubwato bw’abarobyi bugatangira kwinjira amazi, ushaka kwihera ijisho akajya ku cyumba cye cyangwa agaherekezwa n’ababizobereyemo bakajyanwa kwifatanya n’abarobyi mu mazi.

Ku rundi ruhande, bamwe bahitamo kujyana ku kirwa cya Kumbabara, bakaganirizwa ku nkuru zitandukanye z’abahoze bahatuye. Gutembera mu mazi magari y’Ikiyaga cya Kivu ukagera kure, ubifashwamo n’ubwato buto butwarwa n’umuntu umwe [Kayaking].

Kimwe mu bitangaza benshi ni ukuntu Umurobyi Lodge isa n’iyitaruye ariko ikanahuza abayirimo n’urusobe rw’ibidukikije binyuze mu mafu, ubwiza n’ibikorwa by’Ikiyaga cya Kivu bituma udashobora kumenya aho amasaha ageze.

Umurobyi Lodge yubatse mu buryo bugezweho
Inyubako zaho ziteretse mu buryo bwa gihanga
Ni hoteli ikikijwe n'urusobe rw'ibinyabuzima
Iyo uhageze usanganirwa n'amafu ukumva amajwi y’urusobe rw’ibinyabuzima bihari
Iyo uhagaze ku Umurobyi Lodge ubasha kwihera ijisho byinshi mu birwa bito bitagituweho
Iyi hoteli ifite igice cyo hasi kigizwe n'ibiti gusa
Hakikijwe n'ibiti n'ibindi bimera bihongerera amahumbezi
Uwasuye Umurobyi Lodge aba abona amasaha yihuta kubera ukuntu aba yifuza kuhatinda aryoherwa n'ibyiza bihari
Ifite ahantu hatandukanye wicara witegeye Urw'Imisozi 1000 mu mfuruka zitandukanye
Nubwo ari ku nkombe z'Ikiyaga cya Kivu, ntibibuza amahirwe abifuza gukorera siporo muri Piscine
Abanyabugeni bariyambajwe kugira ngo Umurobyi Lodge ikomeze kugaragarira uwatembereye agace iherereyemo nk'umwihariko atigeze asanga ahandi
Ni ahantu habereye ijisho mu buryo bw'akataraboneka
Amahumbezi y'Ikiyaga cya Kivu ni kimwe mu byizihira cyane abatembereye mu Umurobyi Lodge
Umurobyi Lodge iherereye mu Burengerazuba bw'u Rwanda
Uwasuye Umurobyi Lodge ahava abonye byinshi bimusigara mu ntekerezo ubuzima bwe bwose
Ubu ntibigisaba ko umuntu arinda gutega indege ajya mu mahanga kugira ngo abashe kubona aho yakorera ibiruhuko bye mu mutuzo, Umurobyi Lodge yaje ari igisubizo
Umurobyi Lodge ihuza abasura agace n'umuco nyarwanda
Iherereye ahantu hitaruye ku buryo ushaka kuruhuka utatekereza ku yandi mahitamo
Hari uburyo butandukanye bushobora kugufasha gutemberera muri aka gace gaherereyemo Umurobyi Lodge
Iyo wahatembereye, uhakumbura ukihashingura ikirenge
Iyi hoteli ifite ibyumba bizwi ku mazina atandukanye arimo na ya bimwe mu birwa byamamaye nka Napoleon
Umurobyi Lodge yihariye gufasha uwatembereye muri aka gace kuryoherwa n’amafunguro y’umwimerere ategurwa mu bihingwa by’i Karongi no mu bice bihakikije
Umurobyi Lodge ifite ahashobora kwakirirwa abagize umuryango bakanabona aho barara
Ni ahantu ushobora kubona ibinyobwa bya Kinyarwanda n’ibindi byose bijyanye n’amahitamo yawe
Serivisi zitangirwa muri Umurobyi Lodge ziri ku rwego mpuzamahanga
Ibitanda byaho na byo bifite ubwiza bwihariye
Umurobyi Lodge irangwa n'isuku y'akataraboneka
Umurobnyi Lodge ni hamwe mu hakurura benshi basura Akarere ka Karongi
Mu byumba harimo imitako igufasha kumenya ahantu handi nyaburanga ndetse n'inyamaswa nk'ingagi ushobora gusura uri mu Rwanda na cyane ko ziboneka hake ku Isi
Uretse amafoto meza agaragaza ingagi, ushobora kubona n'ay'intare na zo ziboneka muri Pariki y'Akagera
Ku bihumbi 703 Frw cyangwa ibihumbi 987 Frw ku ijoro, ushobora kubona icyumba uraramo muri Umurobyi Lodge ukaryama ugasinzira wiziguye
Aho wakwinjira hose muri izi nyubako ntushobora kubura ikintu gikurura amarangamutima yawe
Iyi hoteli ifite ibyumba byo kuraramo by'akataraboneka
Imbere muri iyio hoteli hafite ubwiza budasanzwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .