00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Century Park Hotel yinjiye mu guhugura abiga ubukerarugendo n’amahoteli

Yanditswe na Mahoro Vainqueur
Kuya 25 November 2023 saa 09:58
Yasuwe :

Century Park Hotel and Residences yijeje ubufatanye n’ibigo byigisha ubukerarugendo n’ibijyanye n’amahoteli mu guhugura abanyeshuri babyo no kubafasha kwinjira mu mwuga.

Ni igikorwa iyi hoteli yakoze kigamije guhura n’abanyeshuri batandukanye baganirijwe ku masomo biga n’uko barushaho kuyabyaza umusaruro.

Ku wa Gatanu, tariki ya 24 Ugushyingo 2023, Ubuyobozi bw’iyi hoteli bwasuye Ikigo KETHA (Kigali Excellent Tourism and Hospitality Academy) mu Mujyi wa Kigali mu ruzinduko rugamije kubaremamo icyizere cy’ejo hazaza.

Nshimiyimana Emmanuel ushinzwe Imibereho Myiza y’Abakozi n’Imiyoborere muri Century Park Hotel and Residences avuga ko bateguye uru rugendo mu kuganira n’abanyeshuri biga amasomo y’ibijyanye n’amahoteli rimwe na rimwe bacibwa intege n’abababwira ko ibyo biga ari by’abantu babuze akazi cyangwa se badashoboye kwiga.

Yagize ati “Iki kigo ni kimwe mu byohereza abanyeshuri hano mu kwimenyereza umwuga tukabereka uko bikorwa ku isoko ry’umurimo, muri abo turebamo abafite imyitwarire myiza cyangwa se bashoboye tukabaha akazi.”

“Kera aya masomo yabo hari abayapfobyaga bavuga ko ari amasomo ya ba bandi bananiwe kwiga, uru rugendo rero ni uburyo bwo kubereka ko ibyo biga nabyo bifite umumaro kandi byababyarira akazi kabatunga n’imiryango yabo.”

Yakomeje avuga ko ari kimwe mu bikorwa bakora bigamije kugira umusanzu bitanga kuri Sosiyete Nyarwanda.

Century Park Hotel and Residences ikorana n’ibigo bitandukanye mu Rwanda byohereza abanyeshuri muri iyi hoteli muri gahunda yo kwimenyereza umwuga.

Umuyobozi ushinzwe Ibikorwa muri Century Park Hotel, Walid Choubana, yasabye abanyeshuri gukora uko bashoboye bakihugura bifashishije imbuga zitandukanye zibereka ibyo biga uko bikora nk’inzira yabafasha kongera ubumenyi.

Liliane Umutoni umwe mu banyeshuri bize muri iki kigo KETHA yagiye gukora imenyereza mwuga muri iyi hoteli nyuma y’amezi abiri gusa yahise ahabona akazi.

Uyu munyeshuri mu buhamya yatanze yavuze ko yatangiye gusarura ku mbuto z’amasomo yize asaba bagenzi be kudacibwa intege n’amagambo ya bamwe mu bapfobya amasomo yabo.

Ati “Ndi umwe mu bize muri iri shuri nagize amahirwe mbona umwanya wo kwimenyereza umwuga muri iyi hoteli nyuma y’amezi abiri bahise bampa akazi nyuma yo kugaragaza ibyo nize neza kandi niko kambeshejeho ubu, nawe rero byakugeraho.”

Century Park Hotel yasuye aba banyeshuri binyuze muri gahunda y’ibikorwa ikora byo gutanga umusanzu muri sosiyete kugira ngo irusheho kugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda.

Ni gahunda ubuyobozi bw’iyi hotel bwifuza gukora byibuze buri kwezi. Mu ntangiriro z’ibi bikorwa mu kwezi kwa Mbere k’uyu mwaka, iyi hoteli yahereye ku gusura abana bo muri SOS Village ya Kigali aharererwa abana b’imfubyi n’abandi bafite ibibazo bitandukanye.

Nyuma y’iki gikorwa iyi hoteli yahurije hamwe abo bana aho ikorera i Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali, igamije kubereka amahirwe ari muri hoteli, ubukerarugendo no kwakira abantu.

Aba banyeshuri baboneyeho umwanya wo kubaza ibibazo bibaza bibafasha gusobanukirwa akazi kabategereje imbere umunsi barangije amasomo
Aba banyeshuri bishimiye iki gikorwa bigiyemo uko barushaho kubyaza umusaruro amasomo biga
Umulisa Thabitha, umwe mu bize ibijyanye no kwakira abantu (Hospitality), yasabye aba banyeshuri kudacibwa intege n'abapfobya amasomo yabo kuko hari abo atunze
Umutoni Liliane wize muri KETHA yagiye gukora imenyerezamwuga muri Century Park Hotel nyuma y’amezi abiri gusa yahise ahabona akazi
Umuyobozi wa KETHA, Habimana Alphonse, yashimiye Century Park Hotel and Residences yabahaye umwanya wo kuganiriza abanyeshuri ayoboye bakarushaho gusobanukirwa n'ibyo biga
Umuyobozi Ushinzwe Ibikorwa muri Century Park Hotel, Walid Choubana, yasabye abanyeshuri kwihugura bifashishije imbuga zitandukanye zibereka uko ibyo biga bikora nk’inzira yabafasha kongera ubumenyi
Century Park Hotel yinjiye mu mushinga wo guhugura abiga ubukerarugendo n’amahoteli

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .