00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kigali Marriott Hotel yifatanyije n’Isi mu isaha yahariwe kurengera ibidukikije no kurwanya ihumanywa ry’ikirere

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 1 Mata 2019 saa 11:41
Yasuwe :

Kigali Marriott Hotel yifatanyije n’Isi yose mu gikorwa ngarukamwaka cyo kuzimya urumuri no gucomora ibikoresho byifashisha amashanyarazi, mu rwego rwo kurengera ibidukikije n’ihumanywa ry’ikirere.

Ku wa Gatandatu wa nyuma wa Werurwe buri mwaka, Marriott Hotel aho ikorera ku Isi hose ifata isaha imwe kuva 8h30 kugeza 9h30 z’ijoro, ikagira uruhare mu kurengera ibidukikije.

Kigali Marriott Hotel nayo yifatanyije n’Isi yose muri iki gikorwa cyahuriranye n’uwa Gatandatu wa nyuma w’ukwezi usanzwe utegurwamo umugoroba wiswe ‘Nyama Choma Grill and Chill’.

Ni umugoroba abakiliya ba Kigali Marriott Hotel by’umwihariko abasohokeramo mu ijoro ry’uwa Gatandatu usoza ukwezi, bategurirwa inyama zokeje n’ibindi biribwa ku biciro byiza n’ibyo kunywa nka Mützig draught, aho ibiciro biba byagabanyijweho 50%.

Umuyobozi wungirije ushinzwe ibiribwa n’ibinyobwa muri Kigali Marriott Hotel, Alyson Hayes, yabwiye IGIHE ko impamvu bategura uyu mugoroba wa ‘Nyama Choma’ ari ukugira ngo bahurize abantu hamwe, baryoherwe n’ibyiza baba bateguriwe na Kigali Marriott Hotel.

Yagize ati “Intego yacu ni ukugirango abantu bishimishe mu mpera z’ukwezi. Ni uguhuriza abantu hamwe, ahantu heza bumva umuziki mwiza, bafata ibyo kurya biteguye neza n’ibyo kunywa bitandukanye banaruhuka.”

Kigali Marriott Hotel imaze kwigarurira abakiliya benshi barimo abanyarwanda n’abanyamahanga bitewe na serivisi nziza n’abakozi bazobereye ibijyanye no guteka, kwakira abantu n’ibindi.

Abakozi ba Kigali Marriott Hotel bahereza abakiliya ibyo kurya n'inyama zokeje
Amatara yifashisha amashanyarazi barayazimya bagacana urumuri rwa buji
Ubuzima bwa hoteli bwakomeje mu gihe cy'isaha yose hatarimo gukoreshwa amashanyarazi
Dj Ira ni we wavangiraga imiziki abitabiriye uyu mugoroba
Ikinyobwa cya Mützig kiba cyateguwe
Mu byuma bizamura abantu mu nyubako ni uku hasaga
Kigali Marriott Hotel yazimije amatara isaha imwe mu rwego rwo kurengera ibidukikije n'ihumanywa ry'ikirere
Haba hari na band icurangira abitabiriye uyu mugoroba
Amafunguro y'ubwoko bwose aba yateguwe
Mu ijoro Kigali Marriott Hotel iba irabagirana kubera amatara akoresha amashanyarazii

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .