00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imigabo n’imigambi ya Aimable Rumongi ugiye kuyobora Rotary Club Kigali Seniors

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 27 July 2024 saa 09:27
Yasuwe :

Abayobozi bashya ba Rotary Club Kigali Seniors biyemeje gukorana imbaraga n’umurava bakageza amazi meza ku baturage nk’intego nyamukuru y’uyu muryango mu kurushaho kugira uruhare mu mibereho myiza yabo.

Ibi byagarutsweho mu muhango wo guhererekanya ububasha hagati ya komite icyuye igihe yari iyobowe na Andrew Rugege ndetse n’inshya izayoborwa na Aimable Rumongi, ukaba wabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki ya 26 Nyakanga 2024.

Andrew Rugege yagaragaje ko manda iherutse yari irimo akazi kenshi ariko bitabujije abanyamuryango gukorera hamwe bagakemura bimwe mu bibazo abaturage bari bafite ndetse n’ibitararangiye bikazakorwa muri manda itaha.

Yagize ati “Twasanze mu baturanyi bamwe hari abari bakwiye kuba bafite Ubwisungane mu Kwivuza ‘Mutuelle de Sante’ mu buryo bwihutirwa twarazibishyuriye ariko tubashakira icyatuma bifasha noneho bakajya babyikorera. Ni umushinga utararangiye neza ariko uzakomeza.”

“Ntabwo baratangira gucuruza ariko abagera kuri 50 ni bo tuzashobora guha amafaranga make batangire bacuruze kandi tubafashe be kuzagwa mu bihombo. Twatangiye manda dufite kandi abanyamuryango 26 none turi 39.”

Perezida mushya Aimable Rumongi yashimangiye ko ibyagezweho bizakomeza gusigasirwa muri manda itaha ariko hakongerwaho n’ibindi bikorwa bizateza imbere abaturage.

Ati “Muri uyu mwaka turashaka guha amazi meza abaturage baturiye ikiyaga kimwe mu Rwanda, tukayakurayo tukayabegereza imusozi. Dufite imashini nini dushaka gukorana n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze tukayabagezaho cyane cyane ku bayakeneye.”

Yongeyeho ati “Si ibyo gusa kuko tuzashyira imbaraga mu kurwanya inda ziterwa abana bakiri bato kuko icyo ni ikibazo gikomeye cyane. Ikizakorwa ni ukwegera iyo miryango kenshi tukayigisha kuri icyo kibazo n’ingaruka.”

Rumongi yongeyeho ko ku Kiyaga cya Muhazi ari ho hashobora guherwaho hatangwa amazi meza by’umwihariko mu Murenge wa Musha ariko umwanzuro ukaba utarafatwa neza bigendanye n’uko batarumva neza ibitekerezo by’abagenerwabikorwa.

Rotary Club Kigali Seniors imaze imyaka ibiri ibayeho gusa irashaka gukomeza gukura ikagurira n’ibikorwa byayo muri za kaminuza zo mu Rwanda kandi ikongera abanyamuryango bayo ku buryo barenga 150.

Umuyobozi Mukuru wa KIFC Nick Barigye yari umushyitsi mukuru muri ibi birori
Abayobozi mu zindi Rotary Club bitabiriye ibirori
Abashyitsi bose bafataga amafoto y'urwibutso
Buri wese yari afite akanyamuneza
Abanyamuryango Rotary Club Kigali Seniors babonye ubuyobozi bushya
Hari hateguwe tombora ku banyamuryango irimo ibikoresho byo mu rugo
Byari ibirori bidasanzwe ku banyamuryango ba Rotary Club Kigali Seniors
Abitabiriye ibirori baboneyeho umwanya wo kuganira birambuye
Guverineri w’Akarere ka Rotary 9150 mu Rwanda, Suman Alla, yatanze ikiganiro muri uyu muhango
Diana Mpyisi yari umuyobozi wa gahunda muri uyu muhango
Andrew Rugege yavuze ko umuryango wakoze byinshi mu mwaka ushize
Abanyamuryango bishimiye ibyagezweho
Bamwe muri komite icyuye igihe
Abitabiriye uyu muhango bari bafite akanyamuneza
Derrick Rwitare niwe uzaba ushinzwe urubyiruko muri manda nshya
Rotary Club Kigali Seniors yabonye umuyobozi mushya, Aimable Rumongi
Aimable Rumongi yashimiye abamugiriye icyizere
Aimable Rumongi yashimangiye ko Rotary Club Kigali Seniors izagera kuri byinshi mu mwaka utaha
Clare Akamanzi uyobora NBA Africa yari yitabiriye uyu muhango
Nick Barigye yibukije abantu uko bakora ishoramari
Abatomboye bahawe ibihembo byabo

Amafoto: Habyarimana Raoul


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .