00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

I&M Bank Rwanda ikomeje gufasha abifuza ibikoresho byo mu rugo (Amafoto)

Yanditswe na Twagirayezu Patrick
Kuya 19 January 2025 saa 09:15
Yasuwe :

I&M Bank Rwanda PLC yatangiye ubufatanye n’iduka rya Danube Home ricuruza ibikoresho byo mu rugo, mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda babyifuza kubibona biboroheye, ku nguzanyo idatangirwa inyungu igera kuri Miliyoni 5 Frw.

Iki gikorwa cyabaye ku wa Gatanu, tariki ya 18 Mutarama 2025, ubwo ubuyobozi bwa I&M Bank ndetse n’ubwa Danube Home ikorera mu Mujyi wa Kigali mu nyubako ya KABC, bugamije kugaragaza iki gikorwa cyabaye binyuze muri gahunda ya ‘Ryoshya Iwawe’.

Iyi gahunda izajya ituma abakiliya ba I&M Bank Rwanda bashobora kugura ibikoresho byo mu nzu byujuje ubuziranenge muri Danube Home, bakishyura mu byiciro mu gihe kingana n’amezi atandatu nta nyungu.

Ni inguzanyo umuntu yaka akayibona mu masaha 24, hagamijwe korohereza abakiliya kubona serivisi zihuse kandi mu buryo bworoshye.

Umuyobozi ushinzwe serivisi z’abakiliya muri I&M Bank Rwanda, Yves Kayihura, yavuze iyi banki yishimiye gukorana na Danube Home mu korohereza abayigana kuba heza.

Ati “Iyi gahunda ni igice cy’ubukangurambaga bwa ‘Karame’, bugamije gufasha Abanyarwanda kugira ingo zicyeye kandi zifite ibikoresho byiza bigezweho ku nguzanyo iboroheye.”

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Danube Home, Joël Ngoga, yavuze ko iyi gahunda igiye gufasha no korohereza abakiliya kubona ibikoresho byiza bifuza ku buryo buboroheye.

Ati “Hari igihe umuntu yazaga hano agakunda igikoresho ariko ugasanga ubushobozi bwe butumye atakigura, ubu buryo rero buje gufasha abakiliya bacu kubona ibyo bifuza, kandi twishimiye gukorana na I&M Bank.”

Abakiliya bashobora kubona ibikoresho bitandukanye birimo intebe z’ubwoko bwose, ibikoresho byo mu gikoni ndetse n’ibindi byose byo kurimbisha inzu yawe.

Ngoga akomeza asaba abifuza ibi bikoresho bari barahuye n’ikibazo cy’ubushobozi ko bakwegera iri duka, rikabafasha kubona iyi nguzanyo, ubundi bagahabwa ibikoresho bifuza ntakabuza.

I&M Bank (Rwanda) Plc yatangiye gukorera mu Rwanda mu 1963, mu 2024 akaba aribwo yashyizeho gahunda ya ‘Ryoshya Iwawe’, igamije gushyigikira iya ‘Karame’, iguha inguzanyo yo kubaka no kugura inzu.

Umukozi muri I&M Bank (Rwanda) Plc. yavuze ko iyi gahunda izafasha abakiliya b'impande zombi koroherezwa kubona ibikoresho byiza bitabagoye
I&M Bank Rwanda yatangije ubufatanye n’iduka rya Danube Home ricuruza ibikoresho byo rugo
Abakozi b'iduka rya Danube Home n'aba I&M Bank bashimye ubu bufatanye
Byari ibyishimo ku mpande zombi
Abakozi ba Danube Home bijeje kwakira neza abazaza babagana
Mu bikoresho biri muri Danube Home harimo n'ibyifashishwa n'abana
Muri Danube Home wahasanga n'ameza yo gufatiraho amafunguro
Ibikoresho byo mu gikoni na byo bishobora kuboneka ku nguzanyo ya I&M Bank nta nyungu
Mu bikorsho I&M Bank izajya itangira inguzanyo harimo n'intebe zo mu ruganiriro
Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Danube Home, Joël Ngoga, yavuze ko abifuza ibi bikoresho bakwegera iri duka bagafashwa kubona inguzanyo
Umuyobozi ushinzwe serivisi z’abakiliya muri I&M Bank, Yves Kayihura, yavuze ko yishimiye gukorana na Danube Home mu korohereza abayigana

Amafoto: Cyubahiro Key


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .