00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bank of Africa na SONARWA Life byamuritse uburyo bwo kwizigamira bufite ubwishingizi

Yanditswe na Twagirayezu Patrick
Kuya 3 March 2025 saa 11:26
Yasuwe :

Bank of Africa ku bufatanye na Sosiyete y’Ubwishingizi bw’Ubuzima, SONARWA Life, byatangije gahunda nshya yitwa ‘Intego’, ikaba ari konti yo kuzigama ifite n’ubwishingizi.

Iyi ni gahunda nshya ibi bigo byombi byamuritse igamije gufasha abakiliya kwizigamira bafite umutekano w’amafaranga yabo, haba mu ntego y’igihe gito cyangwa ikirekire.

Iyi konti nshya yamurikiwe abakiliya ubwo Bank of Africa yatahaga ibiro bishya kandi bijyanye n’igihe mu Karere ka Muhanga, ikazajya yakiriramo abayigana by’umwihariko abo muri ako karere.

Uyu munsi waranzwe no gutambagiza abakiliya b’iyi banki mu biro bishya bije muri gahunda yo kurushaho kunoza serivisi nziza kandi zitangirwa heza.

Umuyobozi Mukuru wa Bank of Africa mu Rwanda, Vincent Istasse, yavuze ko “Nubwo tumaze igihe muri aka karere, kwimurira ishami ryacu ahantu hagezweho kandi habereye bose, ni ikimenyetso cyo kwiyemeza gukomeza kubaha serivisi nziza kurushaho.”

Ubuyobozi bwa Bank of Africa na SONARWA Life bwashishikarije Abanyarwanda gukoresha aya mahirwe yo kwizigamira ashobora kubaha n’ubwishingizi, aho amafaranga yabo azajya aba afite umutekano uhagije.

Konti ya ‘Intego’ yamuritswe ni konti yo kwizigamira, aho umukiliya agena amafaranga y’intego runaka yifuza kugeraho, ndetse n’igihe yifuza kuyagereraho, igatanga inyungu ya 8% ku mwaka. Iyi iba ifite umwihariko wo kugira ubwishingizi bw’ubuzima.

Mu gihe habaye impanuka, ubumuga buhoraho cyangwa urupfu mbere y’igihe cyo kwesa intego, SONARWA Life izajya yongeraho amafaranga yaburaga kugira ngo umukiliya cyangwa umuzungura we, agere ku ntego.

Umwe mu bakiliya ba Bank of Africa, Jacques Twahirwa, yasabye bagenzi be gukomeza kugana iyi banki kandi agahamya ko uburyo bushya bashyiriweho bugiye kubafasha kurushaho kugera ku byiza bivuye mu kwizigamira.

Umuyobozi Mukuru wa SONARWA Life ltd, Dianah Mukundwa, yasabye abakiliya ba Bank of Africa kwitabira iyi gahunda kuko ari bo yashyiriweho, na bo bagire uruhare mu kubaka u Rwanda rufite ejo hazaza heza kandi hashinganye.

Yagize ati “Konti y’ubwizigame irimo ubwishingizi bw’ubuzima butangwa na SONARWA Life, igamije kurinda ufite konti mu gihe cy’ubumuga buhoraho cyangwa urupfu. Igihe ibi bibaye umukiliya azahabwa amafaranga yose yishingiwe kuri konti, kugira ngo intego ze z’imari zigerweho.”

“Ibi bisobanuye ko uko byagenda kose intego y’imari y’umukiliya izakomeza kugerwaho nta nkomyi, ndetse no mu bihe by’ibyago.”

Yavuze ko ubufatanye hagati ya SONARWA Life ltd na Bank of Africa bufite agaciro gakomeye kuko ari ukwitaba no kwinjira muri gahunda ya Leta yo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, binyuze mu kubakangurira umuco wo kwizigamira.

Umuyobozi Mukuru wa Bank of Africa mu Rwanda, Vincent Istasse, yashimiye abakiliya babagiriye icyizere bakabagana, abizeza gukomeza kubagezaho serivisi nziza kandi zibanogeye.

Ati “Intego bisobanura kugira icyerekezo, kandi ni byo iyi konti igamije gutanga. Waba uzigamira amashuri, inzu, cyangwa ubucuruzi, konti y’Intego iguha umusingi ukomeye, unaherekejwe n’inyungu nziza zagufasha muri urwo rugendo.”

“Muri Bank of Africa, twemera ko guha abakiliya bacu ibisubizo by’imari bifite intego ari ingenzi. Nkuko twimukiye ahantu hagutse kugira ngo tubafashe neza kurushaho, tunabashishikarije gufata iya mbere mu kubaka ejo hazaza heza h’imari binyuze muri konti y’ubwizigame n’ubwishingizi ya Intego.”

Istasse yasezeranyije abakiliya ba Bank of Africa ko hari byinshi biri kuza kandi mu gihe cya vuba aha izatangira no gutanga inguzanyo mu buhinzi, kugira ngo ifashe Abanyarwanda guteza imbere uru rwego.

Bank of Africa ni Banki Mpuzamahanga y’ubucuruzi imaze imyaka irenga 40. Mu Rwanda ifite amashami 14 mu ntara zose z’igihugu, mu turere dutandukanye. Ikorera mu bihugu bigera kuri 19 byo muri Afurika.

SONARWA yatangiye ibikorwa byayo mu 1975. Ni yo sosiyete ya mbere y’ubwishingizi yafunguwe mu Rwanda. SONARWA Life yatangiye nk’ishami ritanga ubwishingizi bw’ubuzima mu 2000 ibarizwa muri SONARWA S.A, iza kwandikwa nk’ikigo cyigenga muri Mutarama 2012.

Abakiliya ba Bank of Africa bakiranye yombi konti nshya ya 'Intego'
Abakiliya bashyiriweho ahantu heza ho kubakirira
Abakozi bo kwakira neza Abakiliya na bo baba bahari
Abayobozi bo mu nzego zitandukanye bari bitabiriye iki gikorwa
Bank of Africa ku bufatanye na sosiyete y’ubwishingizi bw’ubuzima, SONARWA Life byatangije gahunda nshya yitwa 'Intego'
Icyumba cyo kwakiriramo abakiliya baje kubitsa cyangwa kubikuza amafaranga menshi
Ishami rya Bank of Africa mu Karere ka Muhanga ryimukiye mu biro bishya
Bank of Africa yatashye ibiro byayo bishya inashyiriraho abakiliya konti nshya yo kwizigamira ifite n'ubwishingizi
Jacques Twahirwa yasabye bagenzi be gukomeza kugana iyi Banki no kwitabira ibikorwa ibazanira
Ni ibiro byiza bijyanye n'igihe
Umuyobozi Mukuru wa Bank of Africa mu Rwanda, Vincent Istasse, yashimiye abakiliya babagiriye icyizere bakabagana abizeza gukomeza kubagezaho serivisi nziza kandi zibanogeye
Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi, Padiri Dr. Ntivuguruzwa Baltazar, yifatanyije na Bank of Africa hamwe na SONARWA Life
Ubwo abayobozi batandukanye bafunguraga ku mugaragaro ibiro bishya Bank of Africa izajya ikoreramo mu Karere ka Muhanga
Umuyobozi Mukuru wa Bank of Africa, Vincent Istasse, n'Umuyobozi Mukuru wa SONARWA Life, Dianah Mukundwa, bishimiye ubufatanye bagiranye bwo kugeza serivisi nziza ku bakiliya
Umuyobozi Mukuru wa Bank of Africa ishami rya Muhanga, Hitiyaremye Jean Bosco, yavuze ko kuba bimukiye ahantu hajyanye n'igihe bigomba kujyana na serivisi nziza
Umuyobozi Mukuru wa SONARWA Life, Dianah Mukundwa, yasabye abakiliya ba Bank of Africa kwitabira iyi gahunda kuko ari bo yashyiriweho
Umuyobozi w'Akarere ka Muhanga wungirije, ushinzwe imibereho myiza, Mugabo Gilbert, ni umwe mu bitabiriye iki gikorwa

Amafoto: Ramzy


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .