00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuhanzikazi Carrie Underwood azaririmba mu birori by’irahira rya Donald Trump

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 15 January 2025 saa 07:25
Yasuwe :

Umuhanzikazi Carrie Underwood wubatse izina mu njyana ya ‘Country Music’, wanigeze guca ibintu mu myaka yashize muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ni we watoranijwe ngo zaririmbe mu muhango w’irahira rya Donald Trump, ku wa 20 Mutarama 2025.

Muri ibi birori bitegerejwe na benshi, Carrie Underwood azafatanya n’itsinda rya muzika ry’igisirikare cya Amerika, U.S. Naval Academy Glee Club, nk’uko byatangajwe n’uhagarariye komite itegura irahira ry’abaperezida muri Amerika.

Carrie Underwood azaririmba indirimbo "America the Beautiful", ari na yo rukumbi azaririmba.

Mu butumwa Carrie Underwoood yasohoye, yagaragaje ko yishimiye kuba ari we muhanzi rukumbi watoranijwe kuzaririmba muri uyu muhano Donald Trump azarahiriramo kuba Perezida wa 47 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Yagize ati “Nkunda igihugu cyacu kandi nishimiye kuba narasabwe kuririmba mu birori byo kurahira. Nishimiye kwitaba bankeneye kandi ni cyo gihe ngo dushyire hamwe twese”.

Carrie Underwood wari umaze igihe atagaragara, ari mu bahanzikazi bakanyujijeho mu njyana ya Country Music, ndetse yakunzwe mu ndirimbo zirimo ‘Before He Cheats’, ‘Something Bad’, ‘The Champion’ n’izindi.

Umuhanzikazi Carrie Underwood ni we uzaririmba mu birori by'irahira rya Trump

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .