00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Diddy yongeye gushinjwa gusambanya ku ngufu umwana w’umukobwa

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 14 January 2025 saa 01:52
Yasuwe :

Umuraperi Sean ‘Diddy’ Combs wamamaye nka P.Diddy, akomeje kujya mu mazi abira nyuma y’uko mu rukiko hagaragaye umugore mushya umushinja ko yamusambanyije ku gahato afite imyaka 16 y’amavuko, akanabikora yabanje kumusindisha.

Uyu mugore mushya yiyongereye ku rutonde rw’abandi benshi bajyanye mu nkiko P.Diddy umaze amezi ane mu gihome akurikiranyweho ibyaha byo gufata ku ngufu, gucuruza abakobwa hamwe no gutera ubwoba abamushinja.

Mu kirego yatanze, uyu mugore wahawe izina rya Jane Doe ku mpamvu z’umutekano we, yavuze ko yahuye na Diddy mu 2000 afite imyaka 16 y’amavuko ari na bwo yamufashe ku ngufu.

Yavuze ko yahuye n’uyu muraperi mu gace ka Manhattan ubwo yari avuye mu kazi yakoraga ko kurera abana. Iki gihe ngo Diddy yari ari mu modoka hamwe n’abandi bagabo babiri bameze nk’abakozi be bamuha ‘lift’ kubera igitutu cya Diddy arayemera, ariko atungurwa no kubona batamujyanye iwabo ahubwo bamujyanye mu rugo rwe.

Mu mpapuro z’iki kirego zabonywe na TMZ, uyu mugore yagaragaje ko ubwo Diddy yamugezaga iwe yabanje kumuha inzoga nyinshi, amaze gusinda ku buryo atabasha gutabaza, abona kumusambanya.

Mu mpamvu yavuze ko zatumye adahita atanga ikirego guhohoterwa, harimo kuba yari agifite ubwoba bw’ibyamubaho kuko Diddy yamuhamirije ko nagira uwo abibwira bizamukoraho.

Diddy yatawe muri yombi ku wa 16 Nzeri 2024, aho afungiye muri gereza y’i Brooklyn muri New York, akaba ariho ategerereje urubanza rwe ruzaburanishwa ku wa 5 Mata 2025.

Sean ‘Diddy’ Combs wamamaye nka P.Diddy yongeye gushinjwa n'undi mugore kumusambanya ku ngufu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .