Kenny Sol ukunzwe na benshi i Burundi, nubwo atari ubwa mbere agiye muri iki gihugu, ni inshuro ya mbere agiye kuhataramira. Azahera mu mujyi wa Bujumbura ku wa 11 Gashyantare 2023 akomereze i Gitega ku wa 12 Gashyantare 2023.
Kenny Sol ni we muhanzi wa mbere uvuye mu Rwanda ugiye gutaramira i Gitega kuva yagirwa umurwa mukuru wa politiki w’iki gihugu.
Agiye i Burundi nyuma y’amezi ane akoranye indirimbo n’umuhanzi waho Double Jay bise ’Quality’, ikaba imwe mu zahuje abahanzi b’i Burundi nabo mu Rwanda zarebwe n’abantu barenga miliyoni imwe ku rubuga rwa YouTube.
Nyuma yo kuva i Burundi, uyu muhanzi uri mu bagezweho muri iki gihe azahita akomereza i Burayi, aho afite igitaramo tariki ya 4 Werurwe 2023 i Bruxelles.
Iki gitaramo cyateguwe na sosiyete ya ’Team Production’ azagihuriramo na Okkama, Bwiza na Dj Princess Flor.
‘Quality’ indirimbo yahuje Kenny Sol na Double Jay


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!