00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Marina yakomoje ku byo kwibagisha ikibuno byamuvuzweho (Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 2 December 2024 saa 08:27
Yasuwe :

Marina yahakanye amakuru y’ibimaze iminsi bivugwa ko yibagishije akongeresha ikibuno, ahamya ko ibyo abantu bamuvuzeho byamubabazaga kuko babigarukagaho we aryamye kwa muganga ndetse yababwiye indwara afite.

Ibi Marina yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE nyuma yo gutaramira abakunzi be bo mu Karere ka Rubavu, ku wa 30 Ugushyingo 2024.

Mu kiganiro yatanze nyuma yo kuva ku rubyiniro, Marina ubwo yari abajijwe ku byo kwibagisha, yabihakanye ahamya ko atari ibintu yakora.

Ati “Iyo nabonaga buriya butumwa byarandakazaga cyane kuko narinzi ko atari ukuri, njye navuze ko narwaye malaria bo babihinduramo ibindi bintu, ntekereza ko umuntu wese ukurikira imbuga nkoranyambaga yabibonye, ntabwo nabikunze kuko bari bari kubeshya cyane.”

Abajijwe niba yaba yarongereye ikibuno nkuko byavugwaga, Marina yagize ati “Ukuri ni uko ntakora ibyo bintu, Imana ibindinde.”

Marina mu buryo bwo gutebya yavuze ko nubwo abantu bakomeje kuvuga ko yazanye ikibuno ahubwo we azi ko yananutse, ati “Ahubwo narananutse […] niko imfura zibyibuha, iyo unanutse unanuka munda wabyibuha ukabyibuha ikibuno, sinzi impamvu batabyumva.”

Marina wongeye gushimangira ko ibyo abantu bamuvuzeho byari ibinyoma, yijeje abakunzi be indirimbo nshya mu gihe cya vuba mbere y’uko umwaka urangira.

Marina ni umwe mu bahanzi bari biyambajwe mu gitaramo cyo kurwanya agakoko gatera SIDA cyaberaga mu Karere ka Rubavu ku wa 30 Ugushyingo 2024 aho yahuriye n’abarimo Riderman, Platini, Juno Kizigenza ndetse na Niyo Bosco.

Marina ni umwe mu bahanzi baririmbye mu gitaramo cyo kurwanya Virusi itera SIDA i Rubavu
Marina yijeje abakunzi be indirimbo nshya mu minsi ya vuba
Marina yahakanye ibyo kwibagisha ikibuno muri Nigeria

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .