00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Madedeli yatangiye gushyira hanze filime ye bwite

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 20 May 2025 saa 04:21
Yasuwe :

Dusenge Clenia wamenyekanye nka Madedeli muri sinema y’u Rwanda, yatangiye gusohora filime ye bwite y’uruhererekane yise ‘Inkomoko’.

Madedeli yamaze gushyira hanze agace ka mbere k’iyi filime igaragaramo abandi bakinnyi bafite amazina akomeye muri sinema nyarwanda nka Emmanuel Rugaba na Kakuze Cecile.

Mu kiganiro na IGIHE, Madedeli yavuze ko yari amaze iminsi mu myiteguro yo gukora filime ye bwite.

Ati “Uyu ni umushinga wagutse ugizwe na filime y’uruhererekane ifite inkuru zivuga ku nkomoko y’ibibazo benshi bakunda guhura nabyo mu buzima bwa buri munsi.”

Madedeli ahamya ko iyi filime izaba ifata ku ngeri zitandukanye z’ubuzima bwa buri munsi bw’abantu by’umwihariko bakazibanda ku bibazo biba mu miryango.

Uretse Papa Sava yamamayemo, Madedeli yanamenyekanye muri filime nka ‘Indoto’, ‘Kaliza wa kalisa’ na ‘The Bishop’s Family’.

Madedeli yatangiye filime ye bwite yise 'Inkomoko'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .