00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Grammy Awards 2025: Tems yegukanye igihembo, Beyoncé na Chris Brown bandika andi mateka

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 3 February 2025 saa 09:50
Yasuwe :

Ibihembo bya Grammy byatanzwe ku nshuro ya 67 byasize abahanzi barimo Chris Brown, Beyoncé, Kendrick Lamar na Doechii banditse amateka.

Ni ibihembo byatanzwe mu ijoro ryo ku wa 2 Gashyantare 2025, muri Crypto.com Arena i Los Angeles.

Ni ibirori byahuriyemo ibyamamare bitandukanye, hatangwa ibihembo mu byiciro binyuranye, byegukanywe n’abiganjemo abasanganywe amazina akomeye mu muziki w’Isi.

Mu bongeye kwandika amateka muri ibi birori harimo Chris Brown wegukanye igihembo cya album nziza yo mu njyana ya ‘RnB’, abikesha iyo aheruka gusohora yise ’11:11’.

Iki gihembo Chris Brown agitwaye hari hashize imyaka 12 adatwara igihembo na kimwe cya Grammy Awards.

By’umwihariko byavugwaga ko uyu mwaka Chris Brown nta mahirwe ahabwa yo kugitwara, ibi bigakekwa mu byaba byatumye atitabira n’ibi birori.

Beyoncé usanzwe ari we muhanzi wa mbere ku Isi ufite ibihembo byinshi bya Grammy, yongeye gukora amateka mashya ubwo yegukanaga igihembo cya album nziza ikoze mu njyana ya ‘Country Music’.

Ibi byamugize umuhanzikazi w’umwirabura wa mbere utwaye iki gihembo muri Grammy.

Uko ibirori byakomeje ni nako Beyoncé yongeye guhabwa igihembo cya album nziza y’umwaka abikesha ‘Cowboy Carter’ yasohoye mu mwaka ushize.

Nibwo bwa mbere Beyoncé atwaye igihembo muri iki cyiciro nubwo asanzwe ari we ufite ibihembo byinshi bya Grammy.

Yanahawe ikindi gihembo cy’indirimbo nziza yo mu njyana ya ‘Country’ kubera ‘II Most Wanted’ yakoranye na Miley Cyrus.

Undi muhanzi watashye aciye agahigo muri ibi birori ni Kendrick Lamar watwaye ibihembo bine akesha indirimbo imwe yise ‘Not Like Us’, yakoze yibasira Drake.

Ni ubwa mbere mu mateka ya Grammy Awards indirimbo ikoze mu buryo bwo guhangana ihawe igihembo ndetse kirenze kimwe.

Iyi ndirimbo yahawe ibihembo birimo indirimbo y’umwaka, indirimbo yumviswe cyane, indirimbo nziza yo mu njyana ya Rap hamwe n’indirimbo ifite amashusho meza.

Mu bandi bahanzi batwaye ibihembo harimo Shakira, Doechii wabaye umuraperikazi wa kane mu mateka utwaye igihembo cya album nziza, Lady Gaga, Bruno Mars, Chappell Roan wabaye umuhanzi mushya w’umwaka, Chris Stapleton n’abandi.

Ni mu gihe Tems ariwe muhanzi wo muri Afurika watwaye igihembo mu cyiciro cya ‘Best African Music Performance’ yari ahatanyemo n’abarimo Burna Boy, Davido, Asake n’abandi.

Tems yegukanye iki gihembo nyuma y’iminsi mike yanze kuririmbira mu Rwanda mu gitaramo yari ahafite tariki 22 Werurwe 2025.

Abakoze akazi ko kuzimya inkongi yibasiye Los Angeles bashimiwe muri Grammy Awards
Kendrick Lamar uherutse i Kigali yegukanye ibihembo bine kubera indirimbo ye ‘Not Like Us’
Beyoncé yongeye kwandika amateka mashya muri Grammy Awards
Nyuma yo kwandika amateka muri Grammy Awards, Beyoncé yahobeye umukobwa we
Shakira yataramiye abari bitabiriye ibi birori
Tems yahawe igihembo muri Grammy Awards
Shakira yegukanye igihembo ahita agitura abimukira batorohewe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika
Trevor Noah ni we wari uyoboye ibi birori
Toylor Swift yagaragaye abyinira aho yari yateguriwe ibyicaro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .