00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

DJ Lamper agiye guhurira mu gitaramo n’Umufaransa n’Abanya-Kenya

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 22 May 2025 saa 07:38
Yasuwe :

Aba-DJ batandukanye barimo Umufaransa Paul Bragi, Abanya-Kenya Foozak na Dylan-S; bagiye guhurira mu gitaramo na DJ Lamper ugezweho i Kigali mu tubari no mu bitaramo bitandukanye.

Ni mu gitaramo cyiswe “Twese – An AfroHouse Affair” kizabera muri Mundi Center Rwandex, ku wa 24 Gicurasi. Amatike ari kugura 10.000 Frw, 12.500 Frw, 15.000 Frw, 25.000 Frw ndetse na 30.000 Frw. Ni mu gihe kandi amatike yari yashyizwe ku isoko mbere ya 8.000 Frw yamaze gushira ku isoko.

Iki gitaramo kiri mu by’uruhererekane bya “Twese – An AfroHouse Affair”. Ni ku nshuro ya kabiri kigiye kuba. Ibi bitaramo bitegurwa na Mundi Center ku bufatanye na Hustle Rwanda. Icyaherukaga cyabaye muri Werurwe.

Foozak na Dylan-S bo muri Kenya ni bamwe mu basore bagezweho muri iki gihugu muri iki gihe. Paul Bragi na we ni umunyempano ukomeye mu kuvanga imiziki mu Bufaransa.

Foozak ategerejwe i Kigali vuba aha
Paul Bragi ni umunyempano ukomeye mu kuvanga imiziki mu Bufaransa
DJ Lamper ni umwe mu basore bagezweho bavanga imiziki i Kigali
Dylan-S ni umwe mu bavanga imiziki bagezweho muri Kenya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .