00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Cécile Kayirebwa yanyuzwe n’inganzo ya Sengabo Jodas na Junior Rumaga abaha umukoro ukomeye (Amafoto)

Yanditswe na Mahoro Vainqueur
Kuya 4 Gashyantare 2023 saa 12:24
Yasuwe :

Umuhanzikazi Cécile Kayirebwa wari witabiriye igitaramo cyo kumurika album ya mbere ya Sengabo Jodas, yakozwe ku mutima n’uburyo urubyiriko rusigaye rwitabira ibitaramo by’umuziki gakondo arusaba gukora ibishoboka rugakomera kuri iyi nganzo.

Ibi yabigarutseho mu gitaramo Sengabo Jodas yamurikiyemo album ye ya mbere yise ‘Bene u Rwanda’ kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Gashyantare 2023.

Iki gitaramo cyaririmbyemo abahanzi batandukanye nka; Audia Intore, Iganze Gakondo, Itorero Indangamirwa, Inkindi, Angel na Pamela ndetse na Junior Rumaga.

Benshi mu rubyiruko bitabiriye iki gitaramo ntibakanzwe n’imbeho yari ihari bacinye akadiho kuva gitangiye kugeza umurishyo wa nyuma uvuze.

Cécile Kayirebwa wari witabiriye iki gitaramo yanyuzwe bikomeye n’impano ya Junior Rumaga ndetse na Sengabo abaha umukoro wo gukomeza gushyigikira iyi nganzo bakayitoza abato n’abandi bakibyiruka.

Ubwo yari ahawe ijambo yagize ati “Kwibyara bitera ababyeyi ineza, Ndashima inganzo ya Sengabo, mu by’ukuri ibi bintu biteguye neza , nanyuzwe cyane n’inganzo y’aba bana , uburyo uyu musore (Junior Rumaga) akurikiranya amagambo atondetse neza kandi adategwa, nabikunze cyane, muri abahanga.”

Cécile Kayirebwa yashimiye Sengabo Jodas nyuma yo kumurika album y’indirimbo icumi yise ‘Bene u Rwanda’ asaba abahanzi gushaka umwihariko mu byuma by’umuziki bakoresha.

Ati “Ndashimira Sengabo wakoze iki gitaramo , natunguwe no kubona abantu bangana gutya bitabiriye , ibintu biratunganye nta bantu bahekeranye nakwemeye.”

“Ariko rero nanjye ibi byuma ndabikunda narabikoresheje rimwe na rimwe ariko ntakintu kiruta amajwi yihariye y’abantu bajyanirana, iyo hari akagoma cyangwa inanga bigufasha kujyana nibyo uririmba biba ari byiza cyane.”

Kayirebwa yasabye urubyiruko rwitabiriye iki gitaramo gusigasira uyu muziki gakondo bakagerageza kusa ikivi cy’abababanjirije.

Yagize ati “Iyo mvuye i Burayi ngerageza gukorana cyane n’aba bana , mbasaba ko inganzo yabo bakwiye kuyigaragaza ndetse bakabyigisha abandi bagakomeza urugendo nkuko nanjye nagerageje kugira ngo urubyiruko rutazasigarana ubusa muri gakondo.”

Iki gitaramo cyabereye kuri Cayennes Resort Launge Kimironko mu mujyi wa Kigali , umurishyo wa nyuma wavugijwe saa sita z’ijoro.

‘Bene u Rwanda’ ni album Sengabo yatangiye gutunganya mu 2018, yishimiye ubutumwa yagenewe na Cécile Kayirebwa batangiye bahuye bwa mbere mu 2017 amwizeza ko azasohoza ubutumwa yamuhaye.

Ababishoboye bageragezaga kubyina bajyana n'indirimbo zacuranzwe
Ababishoboye bafashe amashusho azahora abibutsa ibi bihe
Abakobwa bagize Kigali Protocal nibo bakiraga abantu batandukanye binjiraga muri iki gitaramo
Abakuru banyuzwe no kubona urubyiruko rwitabira igitaramo nk'iki cy'umuziki gakondo
Abakuru n'abato banyuzwe n'umuziki gakondo wacuranzwe muri iki gitaramo
Abasore bagize itorero 'Indangamirwa' banyuze benshi
Abato n'abakuru bagaragaje urukundo bakunze umuziki gakondo
Akanyamuneza kari kose ku rubyiruko rwitabiriye iki gitaramo
Album Sengabo Jodas yamuritse yatangiye kuyitegura mu 2018
Ange na Pamela banyuze benshi bari muri iki gitaramo
Ange na Pamela basabwe gukomera ku muco no kuwutoza abakiri bato
Audio Intore yaririmbye indirimbo zirimo Rwera imfura , simbi ryanjye na Rwangabo
Byari ibyishimo kuri buri wese witabiriye iki gitaramo
Bataramye biratinda
Cécile Kayirebwa yanyuzwe n'inganzo ya Junior Rumaga
Cécile Kayirebwa yanyuzwe n'inganzo ya Sengabo Jodas amusaba gukundisha abato umuziki gakondo
Cécile Kayirebwa yasabye urubyiruko gukora ibishoboka byose basigasira umuziki gakondo
Iganze Gakondo banyuze urubyiruko rwitabiriye iki gitaramo
Iki gitaramo cyari kiyobowe na MC Mukiza
Indangamirwa zanyuze abitabiriye iki gitaramo
Inkindi muri iki gitaramo yifashishije indirimbo zirata ibigwi by'Inkotanyi
Itorero Indangamirwa niryo ryafunguye iki gitaramo
Iyi album ye ya mbere yayituye umubyeyi we witabye Imana atabonye inganzo y'umuhungu we
Muri iki gitaramo Audia Intore yasoje ahishurira abacyitabiriye ko afite igitaramo ku itariki 8 Werurwe 2023
Ubishoboye yafataga agafoto ku urwibutso
Umusizi Junior Rumaga yasogongeje abari muri iki gitaramo bimwe mu bisigo biri kuri Album 'Mawe' igizwe n'Ibisigo 10
Sengabo Jodas yishimiye kumurika album ye ya mbere yise 'Bene u Rwanda'
Urubyiruko rwanyuzwe runyuzamo rucinya akadiho

Amafoto: Shumbusho Djasiri


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .