00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bwiza yasuye ishuri ‘Inkuru z’abato’ ryigisha abana bavukiye mu Bubiligi Ikinyarwanda

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 12 March 2025 saa 02:15
Yasuwe :

Mbere yo kuva mu Bubiligi aho yakoreye igitaramo cyo kumurika album ye ya kabiri yise ’25 Shades’, Bwiza yasuye ishuri ‘Inkuru z’abato’ ryigisha Ikinyarwanda, Indangagaciro z’umuco Nyarwanda ndetse no gukunda Igihugu ku abana bakiri bato.

Iri shuri riherereye mu Mujyi wa Ostende ryatangijwe n’Umunyarwandakazi Niragire Gertrude, rikaba risanzwe rifasha abana bavukiye mu Bubiligi kwiga Ikinyarwanda, indangagaciro z’umuco nyarwanda ndetse no gukunda Igihugu.

Aya masomo abana biga muri iri shuri bayafata mu biruhuko by’amasomo asanzwe.

Niragire yabwiye IGIHE ko abana baturutse mu mijyi itandukanye bahurirayo, bakamara ibiruhuko byabo bigishwa amateka y’u Rwanda, kuvuga, kwandika no gusoma Ikinyarwanda ndetse n’indangagaciro ziranga Umunyarwanda.

Bwiza uri mu Bubiligi aho yakoreye igitaramo cyo kumurika album ye ya kabiri yise ‘25 Shades’, ubwo yari kuri iri shuri yishimiye igikorwa, ariko by’umwihariko ashimira Niragire wagize igitekerezo cyo kurishinga.

Ati “Ni iby’agaciro kuba mu mahanga haba hari Abanyarwanda batekereza ko abana babo nubwo ari ho bavukiye ariko bakwiriye kwiga ururimi rw’Ikinyarwanda n’indangagaciro z’Umunyarwanda. Ntekereza ko ntawe utashyigikira igikorwa nk’iki cyane ko gifitiye Igihugu akamaro.”

Niragire we ahamya ko Ikinyarwanda ari ururimi kavukire rw’Abanyarwanda, rukaba umurage wa mbere umubyeyi aha umwana we.

Icyakora akavuga ko impungenge bahorana nk’Abanyarwanda baba mu mahanga, ari uko ibihugu batuyemo biba bishaka gutamika abana babo indimi kavukire zabyo, bityo bikaba byakoroha ko bibagirwa Ikinyarwanda burundu.

Ati “Imbogamizi ikomeye ku Banyarwanda batuye mu mahanga, ni ukubasha guhererekanya ururimi rw’Ikinyarwanda n’ababakomokaho, kuko na bo baba bashaka kubigisha urwabo. Ni yo mpamvu natekereje gushyiraho ishuri ryajya rikigisha abakiri bato kuko ururimi rwacu ari agaciro kacu n’umurage wacu.”

Iri shuri ryatangiye mu 2020, Niragire ahamya ko icya mbere ryamweretse ari uko hari ababyeyi bafite inyota y’uko abana babo bakwiga Ikinyarwanda, dore ko buri biruhuko baba bafite abana benshi bigisha.

Niragire ashimira inzego zinyuranye zirimo n’Inteko y’Umuco zimufasha mu kumuha ibitabo yifashisha yigisha abakiri bato.

Uretse Abanyarwanda, iri shuri ritoza abakiri bato b'abazungu kugira umuco wo gusoma
Bwiza na Niragire washinze iri shuri
Bwiza yashimye Niragire washinze iri shuri amwizeza ubufatanye bushoboka bwose nk'umuhanzi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .