00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amalon yishimiwe mu gitaramo yakoreye muri ‘Institut Français du Rwanda’(Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 14 June 2025 saa 09:01
Yasuwe :

Umuhanzi Amalon uri mu bakundwa cyane kubera ubuhanga mu miririmbire ye, yishimiwe mu gitaramo yakoreye muri Institut Français du Rwanda, nyuma y’igihe atagaragara mu bitaramo.

Ni igitaramo uyu muhanzi yaririmbyemo ibihangano bye bitandukanye birimo “Derila”, “Byakubaho”, “Nkore Iki?”, “Yambi”, “Impanga” n’izindi zitandukanye.

Uyu muhanzi ku rubyiniro yanyuzagamo akagaragaza ko yishimiye gutaramira abakunzi be, nyuma y’igihe kinini. Ati “Ndishimye cyane. Mwakoze cyane kuza. Ndabakunda.”

Uyu muhanzi ari mu ruhererekane rw’abahanzi bari gukorera ibitaramo muri Institut Français du Rwanda.

Ku ikubitiro habanje ku wa 9 Gicurasi 2025 Victor Rukotana, wasusurukije abakunzi be mu gitaramo yanabamurikiyemo album ye nshya yise ‘Imararungu’.

Mu rwego rwo kwizihiza imyaka itanu amaze mu muziki, Juno Kizigenza, na we yahakoreye igitaramo ku wa 16 Gicurasi 2025.

Umuhanga mu gucuranga unafasha abahanzi benshi barimo Mani Martin, Bolingo Paccy, yahakoreye igitaramo ku wa 23 Gicurasi 2025. Cyakurikiwe n’icya Jules Sentore, cyabaye ku wa 6 Kamena 2025.

Icyo Amalon yakoze kuri uyu wa 13 Kamena kizakurikirana n’icy’umunsi mpuzamahanga wa muzika uzaba ku wa 21 Kamena 2025 ndetse n’iserukiramuco rya Hip Hop ku wa 4-5 Nyakanga 2025, ndetse itsinda nka Umuduli Band bazasusurutsa abakunzi babo ku wa 28 Kamena 2025.

Ku wa 10 Nyakanga 2025 ariko nanone itsinda rya Seastars rigizwe n’abakobwa b’abahanga mu gucuranga umuziki wa Live bazataramira abakunzi babo bazaba bakoraniye muri iyi nyubako.

Abitabiriye bari bahimwe bitavugwa
Abantu bari bitabiriye iki gitaramo ku bwinshi
Amalon yaririmbye ibihangano bye byakunzwe
Amalon akundirwa ijwi rye ndetse n'ubuhanga bwe mu kuririmba
Amalon yashimiye abitabiriye igitaramo cye nubwo batari benshi cyane
Amalon yongeye kwiyereka abakunzi be
Bamwe bafashe amashusho ya Amalon ari ku rubyiniro
Passy Kizito ni umwe mu bari bitabiriye
Amalon yataramiye abakunzi be
Uyu musore ntabwo yari aherutse kwigaragariza abamukunda
Uyu musore yari amaze igihe kinini atagaragara mu muziki

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .