00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iserukiramuco rya Oldies Festival rigiye kugaruka mu isura nshya

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 5 May 2025 saa 10:56
Yasuwe :

Iserukiramuco rya ‘Oldies Music Festival’ rimaze kubaka izina mu Rwanda rigiye kuba ku nshuro ya gatanu, aho hongewemo ibikorwa bitandukanye birimo kuba abafana bazemererwa kuririmba indirimbo bakunda.

Ni ibirori biteganyijwe ku wa 26 Nyakanga 2025, muri Kigali Universe aho aba-Djs bakomeye mu Rwanda bategerejwe kuzavanga imiziki yo mu bihe bya kera yaba iyo mu Rwanda, Afurika y’Iburasirazuba, Amerika n’ahandi.

Basile Uwimana uri mu bategura ibi birori mu kiganiro yagiranye na IGIHE, yavuze ko muri uyu mwaka bongeyemo ibindi bikorwa bitandukanye bizashimisha abazaryitabira.

Yavuze ko kuri iyi nshuro hazaba hari icyo bise ‘Memory Wall’ aho umuntu azandika indirimbo afata nk’iy’ibihe byose cyangwa umuhanzi w’ibihe byose kuri we.

Uretse ibyo kandi hazaba hazateguwe ahantu abafana bazajya bifotoreza ku bikoresho bya muzika n’ibindi byakoreshejwe mu myidagaduro bya kera bamwe batigeze babona (Vintage SetUp).

Kuri iyi nshuro ibihembo bizahabwa abambaye imyenda ya kera bizaba bishimishije cyane kurusha ibyo mu maserukiramuco ya mbere ndetse abafana bazaba bemerewe kuririmba zimwe mu ndirimbo zibibutsa ibihe bya kera.

Iri serukiramuco ryaherukaga kuba ku wa 27 Nyakanga 2024, muri ‘Juru Park’ ku i Rebero, aho ryitabiriwe n’abatari bake.

Icyo gihe, ryahuriyemo abavanga imiziki bamenyerewe mu Rwanda barimo DJ RY ufite agahigo ko kuba atarasiba kuricurangamo ndetse na Regis Isheja ukoresha amazina ya DJ King Reg, wabifatanyaga no kuba umuyobozi w’ibirori (MC).

Ni ibirori bikunze guhuza abantu batandukanye bakunda umuziki wa kera
Ibi birori bigiye kongera kuba mu mpeshyi z'uyu mwaka
Dj Ry ni we ufite agahigo ko kuba ataracikwa no gucuranga muri ibi birori
David Bayingana ni umwe mu batajya bacikwa n'ibi birori
Uyu mwaka abazitabira bazahabwa umwanya ababasha kuririmba baririmbe indirimbo zibibutsa ibihe byiza bagize kubera zo
Ibi birori byitabirwa n'abantu biganjemo abakunda umuziki wo hambere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .