00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Inama zagufasha gukora imyitozo ngororamubiri utavuye iwawe (Amafoto & Video)

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 29 March 2024 saa 07:36
Yasuwe :

Iyo umuntu yari asanzwe akora imyitozo ngororamubiri hari igihe biba ngombwa ko abura umwanya wo kujya aho ikorerwa bigasaba ko ayikorera aho ari yaba mu kazi cyangwa iwe mu rugo.

Iyo myitozo kenshi ntabwo isaba kuba umuntu afite ibikoresho runaka bimufasha kuyikora ahubwo asabwa kubiha umwanya kandi akabikora kenshi adacika intege.

Ni muri urwo rwego twegereye Shema Aimé usanze ari umwarimu akaba n’umutoza wa siporo by’umwihariko mu kigo cya Fitness Palace Gym, adusobanurira siporo esheshatu zafasha umuntu igihe atagiye muri Gym.

Iya mbere yatugaragarije ni iyitwa ‘Jumbing Jacks’ ifasha kubaka igice cyo mu nda kuko ikorwa umuntu ahagaze yemye ndetse icyiza cyayo ituma umubiri wose urambuka.

Iyitwa ‘Jumping Squats’ ni ikorwa umuntu asa n’uwicara makeri akajya asimbuka ku buryo ifasha umugongo kugororoka ndetse n’amaguru aba ari gukora bitewe n’uko uba usimbuka wongera wicara.

Siporo ya gatatu ukorera iwe mu rugo adakwiriye kwibagirwa ni ‘Burpees’ ikorwa umuntu asa n’uryamye, agafata hasi noneho akajya abyuka vuba vuba agasimbuka.

Shema avuga iyi ifasha umuntu kugabanya ibiro bye bikajya ku rugero ku buryo iyo agenda yiyumva ataremereye cyane.

Indi siporo yavuze benshi barayimenyereye ni ‘Squats’ izwi nka makeri. Iyi kandi igira uruhare mu gukomeza amagufa yo mu rukenyerero afata igice cyo hejuru cy’umubiri cyane ko ari nacyo kiba kiremereye cyane ku muntu.

Iyi siporo ikundwa cyane n’igitsina gore kuko ibafasha kugira imiterere myiza y’umubiri wabo kandi bikaba mu gihe gito.

Siporo idakwiriye kwibagirana ni ‘Push-ups’ (Pompage) iyi yo ifasha umubiri wowe kugororoka ndetse icyarimwe ariko by’umwihariko igice cyo hejuru kikeguka.

Izo siporo zose iyo zamaze gukorwa hongerwaho iya ABS (Abdominaux). Iyi yo abantu benshi barayitinya kuko isaba imbaraga nyinshi. Umuntu yicaza ikibuno akajya yegura umugongo ndetse abikorera rimwe no kurambura amaguru anayahina.

Iyo myitozo uko ari itandatu buri umwe ukorwa inshuro eshatu byibuze buri munsi ku buryo byunganira umuntu ujya gukorera muri Gym.

Gukora siporo ntibisaba kwihambira ku buryo bumwe akaba ariyo mpamvu mu minsi isanzwe Fitness Palace iha ikaze buri wese kuva saa Kumi n’ebyiri kugeza saa Moya za nimugoroba ku masomo ya atandukanye kandi bafashwa n’abatoza babizobereyemo.

Mu gihe habonetse umwanya ku muntu ukora siporo amarembo aba akinguye kuri Fitness Palace iri Kibagabaga. Zimwe muri zo ni Tae Bo, Cardio, Hiit, Power, Core Workout, Yoga and Pilate, Insanity Workout ndetse na Karate ku bana bato yigishwa mu mpera z’icyumweru.

Jumbing Jacks

Jumbing Jacks ifasha amaguru gukomera
Jumbing Jacks ni siporo idakwiye kwibagirana ku muntu uri mu rugo iwe
Amaboko arakoreshwa cyane muri siporo ya Jumbing Jacks
Jumbing Jacks ikorwa usimbuka uhuriza amaboko hejuru y'umutwe
Mbere yo gukora sipora ya Jumbing Jacks umuntu agomba kubanza guhagarara yemye

Jumping Squats

Umuntu ukora Jumping Squats akomeza amaguru
Jumping Squats uyikora asa n’uwicara makeri akajya asimbuka
Umugongo n’amaguru biragororoka mu gihe asa n’uwicara makeri akajya asimbuka

Burpees

Gukora Burpees bisaba kuryama hasi ukahashyira amaboko n'amaguru
Burpees ni siporo zatanga umusaruro umuntu atavuye iwe
Igihe ukora Burpees ugomba kuryama hasi ukageza inda ku butaka
Burpees ifasha umubiri kutaremerera nyirawo
Ukora Burpees arasimbuka iyo amaze kubyuka

Makeri ’Squats’

Makeri ni siporo ifasha umubiri kugororoka by'umwihariko ku gice cyawo cyo hejuru
Makeri ifasha umugongo kugororoka
Ukora Makeri ntagomba kwihina ngo amareyo
Makeri ni siporo ikorwa na buri wese ariko ab'igitsina gore bakayikunda kurushaho kuko ibaha imiterere myiza

Pompage

Pompage ni imwe muri siporo zikorwa cyane umuntu atavuye aho ari
Gukora Pompage binanura umubiri wose icyarimwe
Iyo umuntu akora Pompage aramanuka akagera hasi
Amaboko y'ukora Pompage arakomera

Abdominaux

Gukora Abdominaux bisaba ko umuntu aryama hasi areba hejuru
Uri gukora Abdominaux azamuka ntaho amaboko afashe
Abdominaux zikorwa amaguru ahinwa ndetse bijyana no kuyahinura
Abdominaux ni siporo buri wese adakwiriye kwibagirwa gukorera iwe
Uwifuza guhabwa amasomo yo gukora siporo hateganyijwe ibikoresho bihagije byo kwifashisha
Shema Aime yasobanuye impamvu umuntu adakwiriye guhagarika siporo kuko yabuze umwanya
Kuva ku wa Mbere kugeza ku wa Gatanu, siporo inzu ya Fitness Palace iba ifunguye
Fitness Palace yashyizwemo ibikoresho bigezweho
Hari imyitozo yafasha buri wese kunanura umu biri we atavuye iwe
Fitness Palace imaze nubwo imaze igihe gito ikomeje gufasha abantu batandukanye gukora siporo
Fitness Palace ikorera Kibagabaga

Amafoto: Habyarimana Raoul
Video: Munyakazi Emile & Muneza Pacifique


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .