00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanya-Kigali bazindukiye muri ’Car Free Day’ itegura Kigali International Peace Marathon

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 1 June 2025 saa 01:38
Yasuwe :

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 1 Kamena 2025, abatuye Umujyi wa Kigali barimo abayobozi bo mu nzengo zitandukanye, babyukiye muri siporo rusange izwi nka ‘Car Free Day’, itegura isiganwa rya mpuzamahanga rya Kigali International Peace Marathon.

Nk’uko bimaze kuba akamenyero, kabiri mu kwezi habaho siporo rusange mu Mujyi wa Kigali, igahuriza hamwe abawutuye mu turere dutatu tuwugize bagakorera hamwe siporo.

Bamwe mu bayitabiriye barimo Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel; Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Nkulikiyinka Christine; Perezida w’Ishyirahamwe ry’Imikino Ngororamubiri mu Rwanda (RAF), Rtd. Lt. Col. Kayumba Lemeul, n’abandi.

Nk’uko bisanzwe abakora siporo bahuriye mu ihuriro ry’imihanda hafi y’inyubako ya Kigali Heights, ahari kurushaho gutunganywa kugira ngo hajye haberamo ibikorwa bya siporo ihuza abantu benshi.

Indi mihora yakoreshejwe ari nayo isanzwe ikoreshwa, ni uwa kabiri w’aho abantu bahurira ULK, uwa gatatu uhurira muri IPRC Kigali ndetse n’uwa kane uhurira kuri Kigali Pelé Stadium.

Nyuma yo kuzenguruka muri iyo mihanda yose batabangamiwe n’ibinyabiziga bikoresha moteri, abitabiriye siporo bayobowe n’uba uri imbere yabo abereka ndetse anabafasha mu buryo butandukanye uko bagorora imitsi y’umubiri.

Siporo rusange igira akamaro kanini karimo no kurengera ibidukikije, dore ko ubushakashatsi bwerekanye ko umunsi wahariwe ‘Car Free Day’ ikorwa inshuro 26 buri mwaka i Kigali, izafasha mu kugabanya 20% by’ingano y’imyuka ihumanya ikirere uhereye mu 2021 kugeza mu 2025.

Abitabiriye siporo kuri uyu munsi basabwe kuzitabira isiganwa rya Kigali International Peace Marathon, ritegurwa na RAF ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo.

Iri rigiye kuba ku nshuro yaryo ya 20 aho insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Isi yose i Kigali na Kigali ku Isi yose!”

Kigali International Peace Marathon izakinwa mu byiciro bitatu ari byo ‘Full Marathon’ y’ibilometero 42,195, Half Marathon y’ibilometero 21,097 na Run for Peace [ku batarushanwa] y’ibilometero 10.

Imihanda yo mu Mujyi wa Kigali iba yakumiriwemo ibinyabiziga bya moteri
Abakora siporo bafashwa kunanura imitsi
Abakora siporo banyura mu mihanda yateganyijwe n'Umujyi wa Kigali
Abayobozi batandukanye bitabiriye siporo
Siporo Rusange ntabwo iheza uwo ariwe wese
Umubare w'abitabira Siporo Rusange ukomeza kwiyongera
Benshi bakomeje kubona akamaro ko gukora siporo
Abana bato batozwa umuco wo gukora siporo
Imikino itandukanye iba yateguwe mu gihe cya Car Free Day
Umukino wa Fencing ni umwe mu yigishwa muri Car Free Day
Abitabira Siporo Rusange bapimwa indwara zitandura kandi nta kiguzi batanze
Abana bitabira Car Free Day bakomeza kwiyongera
Bamwe basimbuka umugozi mu rwego rwo kunanura imitsi
Abanyamahanga batuye mu Rwanda bari mu bitabira siporo rusange
Abakora siporo beretswe uburyo bazikora buri munsi bitabagoye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .