00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Republican Guard yegukanye igikombe muri Volleyball, General Headquarters itwara icya Basketball

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 29 Mutarama 2023 saa 11:04
Yasuwe :

Icyiciro cya nyuma cy’Imikino ya Gisirikare ‘Military Games 2022/2023’ cyakomeje hakinwa umwanya wa mbere muri Volleyball na Basketball.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 29 Mutarama 2023, amakipe yageze ku mikino ya nyuma yose yakinnye imikino yayo yabereye ku bibuga biherereye mu Kigo cya Gisirikare kiri mu Busanza.

Imikino yabimburiwe n’uwahuje Republican Guard [igizwe n’Ingabo zirinda Umukuru w’Igihugu] na Special Force. Bakigera mu kibuga imbere y’umurindi w’abafana babo bari hejuru cyane, Special Force yahise itangira gukora amanota menshi ku buryo yarushije cyane Republican Guard.

Mu manota 15, Republican Guard yahise ikanguka, ikuramo amanota yari yashyizwemo ndetse icyizere guhita kizamuka, isoza itsinze Special Force 25-19.

Burya koko ikipe itsinda yishakira abafana. Gusoza seti ya mbere iyoboye, byatumye Republican Guard ihita ikundwa na benshi bari ku kibuga, na yo biyitiza umurindi, ikomeza kuyobora umukino.

Na seti ya kabiri yahise iyegukana ku manota 25-20. Amakipe yombi yahise ajya muri seti ya gatatu yagombaga kuyakiranura.

Iyi seti yatangiye Special Force iri kubyitwaramo neza kuko yayoboye umukino kugera ku manota 10 irusha ane Republican Guard.

Mu gihe benshi bakekaga ko umukino wahinduka Special Force igakoramo, si ko byagenze, ahubwo Republican Guard yongeye kuyakuramo.

Ibi byaciye intege Special Force, itsindwa seti ya gatatu ihita isoza umukino itakaje igikombe.

Special Force yatakaje igikombe mu mikino ya gisirikare
Republican Guard yatsinze Special Force amaseti 3-0
Republican Guard yerekanye ko ikomeye muri Volleyball
Republican Guard na Special zakinnye umukino wihuta
Republican Guard ntiyoroheye Special Force mu mukino warimo guhangana gukomeye
Republican Guard yatsinze Special Force muri Volleyball
Ibyishimo byari byose ku bafana ba Republican Guard nyuma yo kubona intsinzi

  General Headquarters yanyagiye Air Force muri Basketball

General Headquarters yitwaye neza yegukana igikombe itsinze Air Force. Uyu mukino wabereye ku kibuga gishya cya Basketball kiri mu Kigo cya Gisirikare mu Busanza.

Air Force yihariye agace ka mbere, yasoje ifite amanota 19-13. Ibi yabiterwaga no kuba yarifite abakinnyi barebare kurusha General Headquarters.

Umutoza wa General Headquarters yahise ahindura imikinire mu gace ka kabiri, karanzwe no kutabonekamo amanota menshi ku mpande zombi, nubwo umukino wihutaga cyane.

Aka gace karangiye General Headquarters ikegukanye ifite amanota 24-19, kuko yakinnye uburyo bwatumaga abakinnyi ba Air Force bakora amakosa menshi, binatuma karangira batabashije kongera amanota.

Agace ka Gatatu kari karundura kuri Air Force yashakaga gukuramo ikinyuranyo, bituma n’amanota yiyongera ku mpande zombi. Air Force yazamutse igeza ku manota 39, naho General Headquarters ifite 48 ari na ko umukino warangiye.

Gusa General Headquarters imaze kubona ko uwo bahanganye ari kongera imbaraga, yahise itangira gutinza umukino, basoza begukanye umwanya wa mbere.

Amakipe yabaye aya mbere azahabwa ibihembo byayo ku wa Kabiri tariki ya 31 Mutarama 2023, nyuma y’umukino uzahuza Republican Guard na Special Force muri ruhago.

Air Force yatangiye umukino neza
General Headquarters yatsinze Air Force amanota 48-39 muri Basketball
Umukino wa Air Force na General Headquarter wari ukomeye cyane ndetse urimo guhangana gukomeye

Amafoto: RDF


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .