Ku itariki ya 4 Gicurasi 2021, ni bwo umuryango wa Halima Cissé na Abdelkader Arby wibarutse impanga z’abana icyenda, gusa bavuka igihe kitageze kuko bari bamaze ibyumweru 30 mu nda.
Bavutse ari abahungu bane ari bo Mohammed VI, Elhadji, Oumar, Bah n’abakobwa batanu ari bo Kadidia, Fatouma, Hawa, Adama na Oumou.
Iki gihe ntawumvaga ko aba bana icyenda bazabasha gukomeza kubaho bitewe n’uko bavutse igihe kitageze, byongeye kandi ntabwo bikunze kubaho ko abana bavuka ari impanga ari benshi ko bose bakomeza kubaho.
Icyakoze uyu muryango wagize amahirwe kuko impanga icyenda zose zakomeje kubaho, hamwe n’ubufasha bw’abaganga babakurikiranaga kuva bavuka. Ubwo buzuzaga amezi icyenda ni bwo uyu muryango wasubiye mu rugo usezererwa mu bitaro.
Kuba aba bana bose barabashije kubaho byatumye uyu muryango uca agahigo ko kugira impanga z’abana benshi ku Isi kandi bose bakiriho. Wabaye kandi umuryango wa mbere ku Isi ubyaye impanga zigera ku icyenda.
Ibi byatumye bahita bandikwa mu gitabo cya Guinness World Records kubera ko aribo bana icyenda ba mbere ku isi babashije kurokoka nyuma yo kuvuka icyarimwe.
Ku wa 4 Gicurasi 2025, izi mpanga icyenda zizihije isabukuru y’imyaka ine zimaze zivutse.
Umubyeyi w’izi mpanga, Halima Cissé w’imyaka 29, yagize ati “Abana barakuze cyane kandi bose bameze neza. Twabateguriye isabukuru nk’iy’ibyamamare”.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!