00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bwongereza: Urubura rwahagaritse ingendo ku bibuga by’indege

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 5 January 2025 saa 10:22
Yasuwe :

Urubura rwinshi mu Bwongereza rwahagaritse ingendo z’indege ku bibuga by’indege bitewe n’uko inzira ikoreshwa n’indege itari kugaragara neza ku bapilote, bitewe n’uru rubura.

Ibibuga by’indege byahagaritse ingendo birimo ikibuga cy’indege cya Manchester, cyahagaritse ingendo mu rwego rwo kugira ngo abakozi bacyo bakubure umuhanda ukoreshwa n’indege, uretse ko aka kazi katoroshye kuko urubura rwinshi ruri kongera kuwupfuka.

Ikibuga cy’indege cya Birmingham nacyo cyasabye abagenzi kwitegura kongera igihe cy’urugendo rwabo kuko rushobora gukererezwa n’uru rubura rwinshi. Ikindi kibuga cyatanze umuburo ni icya Liverpool.

Uretse urubura rwinshi, hari impungenge z’uko umuriro ushobora kubura mu bice bitandukanye, bikagira ingaruka ku mikorere y’ibibuga by’indege.

Hari impungenge ko uru rubura rushobora kuza gutuma umukino ugomba guhuza na Manchester United na Liverpool FC ushobora gusubikwa bitewe n’uru rubura rukomeje kuba rwinshi.

Urubura rwinshi rwahagaritse ingendo z'indege mu Bwongereza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .