Lavrov yabigarutseho nyuma y’uko ingabo za Israel zimaze iminsi ku butaka bwa Syria, ndetse iki gihugu kikaba gikunze kugaba ibitero simusiga byangije ibikorwaremezo bya Syria birimo n’ububiko bw’intwaro.
Lavrov yavuze ko Israel idakwiriye gukoresha impamvu z’umutekano wayo mu kwangiza ibindi bihugu, asaba ko ihindura imyitwarire yayo muri Syria kugira ngo ibintu birusheho kugenda neza ku mpande zombi.
Uyu muyobozi kandi yihanije Turikiya na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifite inyungu muri Syria, avuga ko ibyo bihugu bikwiriye guharanira ko Syria idacikamo ibice cyangwa ngo ihoremo intambara.
U Burusiya buherutse kwakira Bashir al-Assad wahoze ayobora Syria, akaza gukurwaho n’umutwe wa HTS.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!