00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Putin yavuze ko Imana iri ku ruhande rw’u Burusiya mu ntambara na Ukraine

Yanditswe na Twagirayezu Patrick
Kuya 27 December 2024 saa 09:57
Yasuwe :

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko Imana iri ku ruhande rw’u Burusiya kandi yizeye ko buzatsinda intambara buhanganyemo na Ukraine.

Ibi Putin yabigarutseho ubwo yari mu nama yiga ku bukungu (SEEC) yabereye i St. Petersburg ku wa 26 Ukuboza 2024.

Ubwo yabazwaga ku iherezo ry’iyi ntambara ivugwa ko ishobora kurangira mu 2025, yahise ababwira ko Imana izabashoboza kandi u Burusiya ari bwo bazegukana intsinzi.

Yagize ati “Nizeye Imana, kandi Imana iri kumwe natwe.”

Amakuru avuga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziteganya gusaba ko intambara ihagarikwa aho urugamba rugeze ubu, hagasubikwa gahunda yo kwinjiza Ukraine muri NATO.

Yagaragaje ko iki gitekerezo cyari cyatanzwe na Perezida Joe Biden mu 2021, ariko u Burusiya buracyanga. Putin yongeyeho ko u Burusiya bushaka ko intambara irangira ariko intego yabwo ya mbere yo muri 2025 ari gutsinda uru rugamba.

Yagize ati “Twizeye ko tuzagera ku ntego zacu zo gutsinda iyi ntambara, gusigasira ubukungu, ndetse no gukemura ibibazo by’imibereho n’umutekano w’igihugu muri rusange, tuzakomeza kugendera ku migambi yacu twihaye.”

Ubwo Donald Trump yiyamamazaga, yasezeranyije Isi ko azashaka uburyo azahagarika iyi ntambara iri hagati y’ibi bihugu mu gihe cy’amasaha make akigera ku butegetsi, gusa ntiyigeze asobanura neza uburyo azakoresha, nubwo itangazamakuru rivuga ko ashobora gusaba ko iyi ntambara isubikwa buri gihugu kikagumana igice kigenzura.

Perezida Putin yavuze ko Imana iri ku ruhande rw'u Burusiya buhanganye na Ukraine mu ntambara karundura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .