00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Lavrov w’u Burusiya yanenze imyambarire ya Perezida Zelensky

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 30 December 2024 saa 01:08
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, yanenze imyambarire ya Perezida Zelensky wa Ukraine, ndetse asaba ko yajya asohorwa mu nama n’ibindi birori yitabira kuko aba yambaye nabi.

Ni igitekerezo yatanze, agikomoye ku mpaka zabaye ku mukinnyi Magnus Carles wo muri Norvège, uherutse kwirukanwa mu irushanwa rya Chess, azira kwambara ipantalo y’ikoboyi.

Mu kiganiro Minisitiri Sergey Lavrov yagiranye n’ikinyamakuru Kommersant, yatangaje ko yatunguwe no kubona umukinnyi yirukanwa mu marushanwa azira imyambarire ye.

Yagize ati “Kuba umukinnyi mwiza nka Magnus Carlsen yirukanwa mu marushanwa kubera kwambara ikoboyi, byantangaje.”

Sergey Lavrov yahise akomoza ku myambarire ya Perezida Vladimir Zelensky, maze agira ati “Noneho ugomba kwirukana Zelensky ahantu hose kubera imyambarire ye, ibi byakemura ibibazo byinshi."

Lavrov yagaragaje ko Perezida Zelensky akunze kwambara nabi mu nama mpuzamahanga no mu bindi birori yitabira, avuga ko niba batangiye kureba abambara nabi, na we batamurenza ijisho.

Ibi abivuze mu gihe u Burusiya na Ukraine biri mu ntambara yatangiye muri Gashyantare 2022. Kuva yatangira, Perezida Zelensky yarekeye kwambara imyambaro y’abanyacyubahiro.

Perezida Zelensky yambara gisirikare kuva muri Gashyantare 2022

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .