Mu 2019 nibwo kuri ‘Facebook’ hashyizweho uburyo bwo gutangaza inkuru bwiswe ‘Facebook News’ bwakoreshwaga n’ibitangazamakuru mpuzamahanga bitandukanye.
Meta yatangaje ko ubu buryo bugiye guhagarikwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika no muri Australia, nk’uko bwahagaritswe mu Bufaransa n’u Budage umwaka ushize.
Ubuyobozi bwa Meta bwavuze ko ibigo cyangwa ibitangazamakuru bizakomeza kujya bitangaza amakuru yabyo binyuze ku mbuga zabyo bwite, bityo ababikurikira bazakomeza kubona ‘link’ z’amakuru.
Izi mpinduka zikozwe mu gihe Facebook imaze iminsi ishinjwa gukwirakwiza amakuru atariyo ndetse no kwivanga muri politiki.
Iki ni igikorwa kiri kuvugwaho mu buryo butandukanye bamwe bagaragaza ko bizatuma ba nyiri ibitangazamakuru babura abasomyi abandi bakerekana ko ntacyo bizahungabanya.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!