Iyi ndege yari ivuye i Bangkok muri Thailand yerekeza ku kibuga cy’indege cya Muan mbere yo gukora impanuka. Mu bagenzi 181 yari itwaye babiri ni bo barokotse abandi bahasize ubuzima.
Minisitiri Wungirije ushinzwe ubwikorezi bw’indege za gisivile muri Koreya y’Epfo, Joo Jong-wan, yavuze ko icyuma bita ‘Flight Data Recorder’ gifasha iyo habaye impanuka mu gusubiza inyuma ibikorwa by’ingendo no gusobanura icyabiteye ko cyangiritse.
Ati “Twumvikanye ko tuzohereza aka gasanduku muri Amerika mu kigo gishinzwe gucukumbura ibijyanye n’impanuka, mu kureba icyateje impanuka.”
Yakomeje avuga ko uretse ako gasunduku kabonetse, hari akandi bari babonye kabika ibiganiro byose byo mu cyumba cy’abapilote, kabahaye n’amakuru y’ibanze.
Ati “Hashingiwe kuri aya makuru y’ibanze, duteganya kuyahindura mu buryo bw’amajwi.”
Yavuze ko abakora iperereza bashobora kuzumva ibiganiro bya nyuma abapilote bagiranye.
Biravugwa ko imiryango y’abapfuye yinubira kuba itarabona imibiri y’ababo aho igitegerereje ku kibuga cy’indege cya Muan.
Ubuyobozi bwasobanuye ko impanuka yari ikomeye cyane ku buryo imibiri yangiritse cyane, bigatuma kumenya no gutandukanya abari bayirimo bigorana.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!