Nk’uko byasobanuwe n’ibi bigo, buri kimwe cyiteguye gutanga umusanzu wa miliyoni 1 y’amadolari yo kwifashisha muri iki gikorwa.
Urutonde rw’ibigo bya Amerika bikomeje kwitanga rukomeje kwaguka, kuko na Chevron, Meta, Amazon, Uber, Ford, General Motors na Toyota na byo byateguje ko bizashyiraho umusanzu wabyo.
Boeing yagize iti "Twishimiye gukomeza umuco wo gushyigikira komite zishinzwe gutegura umuhango w’irahira rya Perezida wa Amerika.”
Boeing iri gukora uko ishoboye ngo yisubize icyizere cy’abakiriya nyuma y’ibibazo bitandukanye indege zayo zagize, birimo ibyateje impanuka zikomeye.
Byongeye kandi, Boeing iri gukora indege z’Umukuru w’Igihugu, zizajya itwara Donald Trump. Biteganyijwe ko zizatangira gukora mu ntangiriro z’umwaka wa 2026.
Umuyobozi muri Google ushinzwe ibikorwa bya Leta no politiki y’igihugu, Karan Bhatia, yasobanuye ko uretse gutanga miliyoni 1 y’amadolari, iki kigo kizanatangaza amashusho y’uyu muhango.
Bhatia yagize ati "Google yishimiye gushyigikira uyu muhango, hifashishijwe amashusho azatambuka ku rubuga rwa YouTube hamwe n’umuyoboro wihariye ku ipaji yacu ya mbere.”
Umuhango w’irahira rya Donald Trump uteganyijwe tariki ya 20 Mutarama 2025. Ni ubwa kabiri azaba ayoboye Amerika kuko yabaye Perezida wa 45 w’iki gihugu.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!