Aba baturage basobanuriye RBA ko bagize iki gitekerezo nyuma y’aho bigaragaye ko inyubako ibi biro bikoreramo ari nto ugereranyije na serivisi zitangirwamo, babwira ubuyobozi ko biyemeje kuyivugurura.
Inyubako ibi biro bikoreramo isanzwe ifite ibyumba bitatu n’icyumba mberabyombi cyakira abantu 80. Bari kuyagura kugira ngo igire ibyumba birindwi n’icyumba mberabyombi cyakira abantu 200.
Umukozi muri uyu murenge ushinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi, Sengabo Jean de la Paix, yatangaje ko buri muturage mu bushobozi bwe, yemeye kwitanga kugira ngo ibi biro bivugururwe.
Ubuyobozi bw’umurenge na bwo bwashyizeho umusanzu wa miliyoni 2 Frw, ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke na bwo bushyiraho miliyoni 3 Frw.
Imirimo yo kuvugurura iyi nyubako igeze kuri 60%. Hamaze gukoreshwa miliyoni 27 Frw.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!