00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gisèle Precious yasezeranye mu mategeko

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 3 Ukuboza 2021 saa 10:31
Yasuwe :

Umuhanzi Nsabimana Gisèle Precious ufite izina mu muziki uhimbaza Imana yasezeranye mu mategeko n’umusore bitegura kurushinga.

Gisèle Precious yashyize umukono ku masezerano yemera ko ari umugore wa Niyonkuru Innocent imbere y’amategeko y’u Rwanda.

Uyu muhango wabereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu kuri uyu Gatanu, tariki ya 3 Ukuboza 2021.

Gisèle Precious na Niyonkuru Innocent bahamije isezerano ryabo mu gihe bamaze imyaka isaga irindwi bakundana kuko bamenyanye kuva mu 2014 bakiga mu mashuri yisumbuye.

Aba bombi bahuriye ku kuba baririmba indirimbo zihimbaza Imana; Gisèle Precious ni umuhanzi wigenga mu gihe umugabo we ateranira mu Itorero rya ADEPR Rubona mu Karere ka Rubavu akaba n’umuririmbyi muri Korali Hermon.

Gisèle Precious yatangiye kuririmba akiri umwana. Urugendo rw’ubuhanzi ku giti cye yarutangiye mu 2017. Asengera muri ADEPR Gatenga ndetse umubyeyi we ni pasiteri muri iri torero.

Uyu muhanzikazi azwi cyane mu ndirimbo ziramya zikanahimbaza imana zirimo “Imbaraga z’amasengesho”, “Urampagije”, “Niwe”, “Inzira zayo”, “Umusaraba” n’izindi.

Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko, biteganyijwe ko Gisèle Precious na Niyonkuru Innocent bazaheshwa umugisha imbere y’Imana ku wa 18 Ukuboza 2021, mu Itorero rya ADEPR Gatenga mu Karere ka Kicukiro.

Gisèle Precious yashyize umukono ku masezerano yemera ko ari umugore wa Niyonkuru imbere y’amategeko y’u Rwanda
Ubwo Nsabimana Gisèle yasinyaga mu gitabo cy'irangamimerere yemeza ko azabana akaramata na Niyonkuru Innocent
Aba bombi bamaze imyaka isaga irindwi bari mu rukundo. Basezeranyijwe na Gitifu Tuyisenge Jean Bosco

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .