00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuco w’u Rwanda wahawe umwihariko mu kwizihiza Isabukuru y’imyaka 30 y’Ingoro z’Umurage (Amafoto na Video)

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 28 September 2019 saa 07:30
Yasuwe :

Ikigo cy’Igihugu cy’Ingoro z’Umurage w’u Rwanda (INMR) cyizihije isabukuru y’imyaka 30 ishize cyibarutse ingoro ya mbere yahurijwemo ibikoresho bigaragaza imibereho y’Abanyarwanda bo hambere.

Ibi birori byabereye mu Karere ka Huye, ahaherereye Ingoro y’Imibereho y’Abanyarwanda [iyi yaboneye izuba umunani u Rwanda rufite], kuri uyu wa 27 Nzeri 2019.

Kuva ku ntangiriro yabyo byaranzwe n’umuco w’u Rwanda haba mu mbyino n’indirimbo; aho byabereye hari harimbishijwe imitako igaragaza gakondo y’u Rwanda nk’imigongo, imisambi n’ibindi bibereye ijisho. Ibi ntibyanasize ubwoko bw’amafunguro yafashwe.

Isabukuru y’imyaka 30 yabaye umwanya wo kwishimira iterambere ry’Ingoro z’Umurage w’u Rwanda. Ibirori byitabiriwe n’abaturage b’i Huye, abanyeshuri, imiryango y’abakoze mu ngoro n’abayobozi batandukanye.

INMR yatangiye yitwa Reji y’Ingoro y’Umurage w’u Rwanda yafunguye Ingoro ya mbere ku wa 18 Nzeri 1989. Ni urugendo rw’inzitane rwashibutsemo iterambere rifatika.

Bazatsinda Thomas watangiranye n’Ingoro Ndangamurage yavuze ko icyo gihe benshi batabyumvaga.

Yagize ati “Iyo nibutse aho iki kigo cyavuye nkareba ibyiza cyagejejeho abenegihugu numva ibinezaneza binsabye. Ndashimira buri wese wabigizemo uruhare.’’

Yagaragaje ko muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ingoro yasahuwe ariko ikongera kwiyubaka.

Ati “Twakoze mu bihe bitoroshye, nta bushobozi buhari. Mu 1994 twari tuzi ko ingoro na yo yaba umuyonga ariko twagize umugisha irasigara gusa yarasahuwe cyane mu gice cy’ubuyobozi. Jenoside irangiye twagerageje gusana ibishoboka ariko twatangiriye ku busa.’’

Ibikoresho byo hambere byakoreshejwe mu Ngoro y’Imibereho y’Abanyarwanda ya Huye byakusanyijwe n’abashakashatsi bo mu Bubiligi mu 1955.

Ku ikubitiro yashyinguwemo ibikoresho ndangamurage 14 956, uko amashami yiyongereye kuri ubu bigera kuri 20 379 byiganjemo ibya kera. Birimo amabuye yo mu myaka igera ku bihumbi 40 mbere y’ivuka rya Yesu n’utubindi two mu kinyejana cya mbere n’icya 24 nyuma y’ivuka rya Yesu.

Mu 1970, Umwami w’u Bubiligi Baudouin n’Umwamikazi Fabiola basuye u Rwanda, basiga batanze inkunga yo kubaka iyo ngoro.

Nyuma y’imyaka icyenda nibwo iyo ngoro yatashywe, icyo gihe yari imaze imyaka ibiri yubakwa. Abashakashatsi b’Abanyarwanda bafatanyije na Rugamba Sipiriyani ni bo bateguye imurika rya mbere ryabereyemo.

Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda, Benoît Ryelandt, yavuze ko Ingoro Ndangamurage ishushanya umuco n’amateka by’igihugu.

Yagize ati “Ndashimira abayobozi b’u Rwanda kubera imishinga bashyize mu bikorwa mu gukomeza gusigasira umutungo kamere. Imiterere n’igishushanyo cy’ingoro gishushanya imiterere y’inyubako zo hambere.’’

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ingoro z’Umurage w’u Rwanda, Ambasaderi Masozera Robert, yavuze ko iterambere ryagezweho n’ingoro rijyanye no gusigasira amateka no guhindura ubuzima bw’Abanyarwanda.

Yagize ati “Impamvu twatekereje kwizihiza uyu munsi turi hamwe ni ugusangira ibyishimo by’aho twavuye, aho tugeze no kubasaba ubufatanye mu rugendo turimo.’’

Mu 1989, Ingoro itahwa abari bazi akamaro kayo ni bake kuko yasurwaga n’abatarenga 1000 barimo Abanyarwanda ntibarengaga 100. Hinjizwaga amafaranga atarenga miliyoni 1 Frw.

Kuri ubu ingoro ndangamurage zagutse zikagera ku munani zisurwa n’abantu 272 636, Abanyarwanda bavuye ku 10% bagera kuri 78%.

Masozera yavuze ko “Ni intambwe nziza kandi ingoro zakomeje kwinjiza amafaranga. Ubu hinjira miliyoni 310 643 966 Frw.’’

Ingoro y’Imibereho y’Abanyarwanda yaramamaye cyane kuko iri mu zibarizwa mu za mbere zifite ubwiza muri Afurika yose. Ni yo yatoranyijwe kuba ku noti ya 1000 Frw.

Ambasaderi Masozera yavuze ko amavugurura agiye gukorwa azafasha Ikigo cy’Igihugu cy’Ingoro z’Umurage w’u Rwanda kwihaza ku ngengo y’imari

U Rwanda rurateganya kuvugurura zimwe mu ngoro zirimo iyo ku Rwesero, iy’Abami mu Rukari, iy’Urugamba rwo Kwibohora ku Gicumbi cy’Intwari n’iy’Imibereho y’Abanyarwanda ku buryo INMR izagera aho yigenga ku ngengo y’imari ikoresha.

Masozera yasabye ababyeyi kuzirikana ko ingoro ari irerero abana babo bakwiye kugana mu kwiyungura ubumenyi ku mateka no gukurana indangagaciro zikwiye.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo n’Umuco, Ntigengwa John, yagaragaje ko amashami y’ikigo cy’ingoro akwiye kwiyongera ngo umurage ukomeze kubungabungwa.

Ati “Nk’uko igihugu cyihuta mu ngeri zitandukanye z’iterambere, turifuza ko Ingoro z’Umurage nazo zigendera kuri uwo muvuduko, haba mu kongera amashami, gutunganya ahantu ndangamurage, kongera ubushakashatsi n’amamurika akurura abashyitsi basura u Rwanda akanarumenyekanisha, kurushaho kubungabunga umutungo ndangamurage no gukoresha ikoranabuhanga mu byo dukora, by’umwihariko muri serivisi zihabwa abazisura.’’

Yashimye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Bubiligi mu kurebera hamwe uko umutungo ndangamuco ubitswe mu Bubiligi watahurwa ndetse yijeje ko u Rwanda ruzakomeza ubushake bwarwo ngo umushinga ukorwe.

Isabukuru y’Ingoro Ndangamurage yaranzwe n’igitaramo cyasusurukijwe n’Itorero Urugangazi, Groupe Inkesha Gakondo n’umuhanzi Mushabizi Jean Marie Vianney.

Abayitabiriye basangiye amafunguro ya Kinyarwanda arimo avoka zatazwe neza, intagarasoryi, inyama zokesheje umunyu, imyumbati itetse ku bishyimbo, amateke atetse muri runonko, amashaza, ibishyimbo, ibijumba, umutsima wa kizungu ukoze mu masaka, icyayi cy’umuravumba n’icy’umwenya n’ibindi.

Ibi birori kandi byasusurukijwe n’umwiyereko w’inyambo ndetse ab’ibyiciro bitandukanye kuva ku bato n’abagabo baserutse mu myambaro yabarangaga hambere.

U Rwanda rufite ingoro umunani zirimo iy’Imibereho y’Abanyarwanda, iyo kwa Richard Kandt, iy’Ubuhanzi n’Ubugeni ku Rwesero, iy’Abami i Nyanza mu Rukari, iy’Ubugeni n’Ubuhanzi i Kanombe, iy’Ibidukikije i Karongi n’iy’Amateka y’Urugamba rwo Guhagarika Jenoside.

Indi nkuru wasoma: Iterambere mbumbe ry’Ingoro Ndangamurage z’u Rwanda mu myaka 30 ishize

Umubyeyi wayoboye umuhango w'umutambagiro gakondo w'imyambarire yo hambere yasobanuraga imyenda yambarwaga n'ibisobanuro byayo
Abangavu batambutse bambaye inyonga zabaga zikoze mu giti cy'umuvumu
Ingimbi na zo zambaraga impu z'inyamaswa (aha yambaye urw'ingwe), yarenzagaho isinde
Abangavu baserutse bambaye inshabure zikoze mu nkanda. Aba kera bategaga ibisage
Abasore bambaraga impuzu, ni bo bakoraga imirimo yose y'igihugu no kurinda ubusugire bwacyo. Uw'iburyo yitwaje ingabo, icumu n'imyambi byakoreshwaga ku rugamba. Hambere abagabo cyangwa abasore bo bategaga amasunzu
Yerekanye uko umuvuba wakoreshwaga n'abacuzi mu myaka yo hambere
Umugore ubyaye yahekaga umwana mu ruhu rw'intama. Yategaga urugori rusobanura icyubahiro cy'umwana, akubahwa, agahabwa amata. Niyo mpamvu yagendanaga inkongoro
Umugabo wabyaye yagendanaga isheja. Yabaga yishimiye ko yavuye mu gakungu k'ubusore, yishimira intambwe yateye
Ababyeyi bararimbaga, bambaraga ubutega ku maguru, inigi mu ijosi n'ingoro ku maboko
Urubyiruko n'abakuze bakoze umwiyereko ugaragaza uko hambere Abanyarwanda bambaraga
Abagabo basazaga bitwa abakambwe, barambaraga bakikwiza. Babaga bafite inkono y'itabi n'agaciro (agacuma) bagendanaga aho banyuze hose
Bagaragaje ubukungu buhishe mu myambarire y'Abanyarwanda bo hambere
Bazatsinda Thomas azwi cyane nk'Umutoza w'Itorero ry'Igihugu Urukerereza, n'Itorero Indatirwabahizi ry'Umujyi wa Kigali. Ari mu ba mbere batangiranye n'Ingoro Ndangamurage y'Imibereho y'Abanyarwanda iri i Huye
Umuyobozi wa Groupe Inkesha Gakondo, Twizeyimana Jean de la Paix uzwi ku izina rya Puttzo aririmba anacuranga gitari
Nzayisenga Modeste uzwi nk’Umupfumu Rutangarwamaboko ari mu bitabiriye ibi birori
Patrick Uwayisenga uri gucuranga piano na Mireille Mukakigeri bari mu bagize Groupe Inkesha Gakondo
Perezida w'Inama y'Ubuyobozi ya INMR, Dr Kabwete Murinda Charles
Abantu baturutse mu bice bitandukanye by'igihugu n'inshuti z'u Rwanda bifatanyije mu kwizihiza Isabukuru y'imyaka 30 y'Ingoro Ndangamurage z'u Rwanda
Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda, Benoît Ryelandt, yavuze ko ibihugu byombi bifitanue umubano wihariye mu bijyanye no kubungabunga umuco
Umuyobozi w'Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yavuze ko abasura ingoro babonamo amateka agaragaza imibereho y’Abanyarwanda bo hambere ndetse ari irerero ryiza rifasha abakiri bato gukomeza kwiyungura ubumenyi
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo n’Umuco, Ntigengwa John, yavuze ko Abanyarwanda bakwiye gusura ingoro ndangamurage ari benshi mu guteza imbere ubukerarugendo
Ni ibirori byaranzwe n'umuco wa Kinyarwanda
Abasaza bari bitwaje ibicurangisho gakondo byavagamo umuziki unyura amatwi
Mushabizi afite ubuhanga bwihariye mu gucuranga inanga. Ari mu basaza bahesheje agaciro iki gicurangisho
Abana bakiri bato basabiwe umwihariko wo gushishikarizwa kugana Ingoro Ndangamurage ngo bahabwe ubumenyi bufatika ku muco w'igihugu
Umuhanzi Mushabizi Jean Marie Vianney yataramiye abitabiriye ibi birori, yaserutse ari kumwe n'abasaza bazi gucuranga ibikoresho gakondo
Abitabiriye ibirori beretswe akarasisi k'inyambo n'uburyo zikimbagira
Rugemintwaza ni wo wavuze amazina y'inka mu gikorwa cyo kumurika inyambo
Inka z'inyambo zifite amateka yihariye mu muco w'u Rwanda. Zahabwaga agaciro gakomeye mu mihango itandukanye y'ibwami
Hanakozwe umuhango wo kwinikiza (gutangira gukama) nyuma yo kuvuga amazina y'inka ziswe inyamahoro
Inyana yonka imbyeyi yayo mu gihe cyo gukama
Mushabizi yanyuze benshi acuranga icyembe
Itorero Urugangazi ryinjiza asaga miliyoni 5 Frw ku mwaka. Ni itorero ryashyizweho mu rwego rwo gukundisha no kumenyekanisha ibiranga umurage w'igihugu
Abayobozi batandukanye bahaye abana amata
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ingoro z’Umurage w’u Rwanda, Ambasaderi Masozera Robert, aha umwana amata
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo n’Umuco, Ntigengwa John, aha umwe mu bana amata
Abana bato bahawe amata nyuma yo gukama
Itorero Urugangazi ryasurukije abitabiriye ibi birori mu mbyino gakondo
Abasore b'Itorero Urugangazi bavunnye sambwe biratinda
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ingoro z’Umurage w’u Rwanda, Ambasaderi Masozera Robert na Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda, Benoît Ryelandt
Groupe Inkesha Gakondo yaririmbye indirimbo nyinshi zirimo "Rwanda uraho", "Kamananga", "Umutoni", "Rudasumbwa", "Nyirabisabo" na "Marebe atembaho amaribori"
Abatetsi b'abahanga bateguye ifunguro rya Kinyarwanda. Ryari ryashyizwe mu nkono zo hambere
Mbere yo gufata ifunguro abayobozi bakuru bitabiriye ibi birori basobanuriwe imiterere yayo
Inyama zitetse n'izokeje mu buryo butandukanye zari zazanywe muri ibi birori
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ingoro z’Umurage w’u Rwanda, Ambasaderi Masozera Robert, yanywereye mu gacuma nkuko byakorwaga hambere
Amafunguro y'ubwoko butandukanye yari yateguriwe abitabiriye ibi birori
Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda, Benoît Ryelandt, na we yakirijwe icyo kunywa mu gacuma

Amafoto: Niyonzima Moïse

Video: Cyuzuzo Rodrigue


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .